Perezida wa
Repubulika Paul Kagame yijeje abayisilamu ko ikibazo cy’umuhamagaro wa mu gitondo
ukangurira abayisilamu kujya gusenga
isengesho uzwi nka Adhana kigomba
kwigwaho
Ibi yabigarutseho
ubwo yari mu muhango
wo kwishimira ibyishimo bya
nyuma y’Umunsi Mukuru wa Eil Al Fitri wabereye muri BK Arena ukitabirwa n’ibihumbi by’abayisilamu
bo mu Rwanda n’inshuti zabo.
Ubwo hari hageze
umwanya wo gutanga ibitekerezo n’ibibazo umwe mu
bayisilamukazi ukiri muto yasabye
nyakubahwa ko yabasubirizaho umuhamagaro
w’isengesho rya mu gitondo (Adhana) nyuma y’igihe kinini warakuweho mu
gihugu hose .
Nyuma yo kumva
icyo kibazo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika
yagize ati “Icyo kibazo kiroroshye cyane ahubwo ababishinzwe bagomba
kubyigaho vuba cyane .
Yakomeje agira ati ese “Mutinya ababakangura mu gitondo
ko ubundi ariya ariyo masaha yo gukanguka n’ubundi.
Yaboneyeho kubaza
Minisitiri ufite Ubutegetsi bw’igihugu mu nshingano ze
impamvu uwo muhamagaro wa mu
gitondo( Adhana ), amusaba ko bazigana
ubushishozi icyo kibazo kabone ko
ayo masaha ubusanzwe ariyo yo gukanguka .
Ubusanzwe Adhana
ni uburyo abayobozi b’imisigiti bakoresha indangururamajwi mu guhamagara
Abayisilamu ngo bajye gusenga.mu rukerera n’andi masaha basengeraho
Tariki
15 Werurwe 2022 nibwo Polisi y’u Rwanda mu itangazo yanyujije ku rukuta rwa
Twitter yibukije Abaturarwanda ko guteza urusaku rubangamiye abandi
baturage bibujijwe kandi ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Iryo tangazo
ryagiraga riti “Abakora ibikorwa birimo
utubari, amahoteli, ibirori n’amakoraniro atandukanye, insengero z’amadini yose
ndetse n’ibindi bishobora guteza urusaku barasabwa kubahiriza amategeko
n’amabwiriza yo kudateza urwo rusaku.”
.