• Amakuru / MU-RWANDA


Umugabo wo mu Karere ka Rwamagana, mu Murenge wa Muyumbu, witwa Karamage Jean Claude, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 28 y’amavuko n’umwana we w’imyaka 3 y'amavuko, yaburanishirijwe mu ruhame yemera icyaha ndetse anasobanura n’impamvu yamwishe we n’umwana.

Uyu mugabo yaburanishirijwe mu ruhame aho yakoreye icyaha ku wa 24 Werurwe 2026, mu Mudugudu wa Yeruzalemu, mu Kagari ka Bujyujyu mu Murenge wa Muyumbu mu Karere ka Rwamagana, mu ntara y’Iburasirazuba. Mu gihe icyaha cy’ubwicanyi akurikiranyweho yagikoze mu ijoro ryo ku wa 11 Gashyantare 2026.

Icyo gihe abaturage baganiriye n'umunyamakuru wa BTN TV, basobanuye uko bamenye iby'urupfu rwa nyakwigendera.

Yagize ati:"Narindi guhinga mu gitondo ngiye kumva numva abantu barabwiye ngo hepfo hano hari umubyeyi bahiciye, nti se uwo mubyeyi yavaga he? Bati yavaga I Kabuga kandi yari ahetse umwana. Twahise tujyayo dusanga yapfuye ahetse umwana."

Yakomeje avuga ko umurambo wa nyakwigendera wabonwe n'abana bari bagiye kuvoma bahita batabaza inzego z'ubuyobozi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyumbu, Muhamya Aman, yemeje aya makuru, avuga ko ubu bwicanyi bwabaye ubu inzego zibishinzwe zikaba zatangiye iperereza.

Yagize ati:"Twe twabimenye mugitondo, ni abantu batuye mu Kagari ka Bujyujyu, umugore yakoreraga i Kabuga ariko agataha inaha, yakundaga gutaha nijoro. Hari ahantu yageraga kubera ko aho batuye hatagera imodoka cyangwa moto umugabo akaza kumufata ku gasantire bagatahana, mu gitondo rero twamenye ko bamwiciye ahantu hari ishyamba mu nzira, nta bantu bahatuye."

Muhamya yakomeje avuga ko basanze umurambo w’uwo mugore bawukubise ikintu kimeze nk’umuhini w’isuka, mu iperereza ry’ibanze inzego z’umutekano zahise zita muri yombi umugabo wa nyakwigendera kuko ari mu bakekwa.

Impamvu yatumye uwo mugabo atabwa muri yombi n'uko ari we wajyaga ajya gutwara umugore we buri munsi ariko ko iryo joro avuga ko atagiyeyo, kuri ubu iperereza rikaba rigikomeje.

Mu ibauranisha ryabaye kui uyu wa Mbere, uyu mugabo yaburanye yemera icyaha, avuga ko impamvu yabimuteye ari uko yari asanzwe afitinyanye amakimbirane n’umugore we ashingiye ku mutungo.

Yakomeje avuga ko intandaro yo kwica umugorewe yaturutse ku mafaranga ibihumbi 500,000FRW yahaye umugore we akanga kuyamusubiza, aho avuga ko yamuhamo ibihumbi 100,000FRW gusa andi akayamwima bityo agafata icyemezo kigayitse cyo kumwica we n’umwana we.

Yagize ati:’’Nagiye kumufata nk’uko nari nsanzwe mbigenza ngeze mu nzira we n’umwana mbakubita isuka mu mutwe bahita bapfa.”

Indi mpamvu avuga ko yamwishe n’uko uwo mwana yishe umugore yari yamubwiye ko atari we bamubyaranye.

Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cy’igifungo cya burundi, aho ‘icyaha cy'ubwicanyi buturutse ku bushake yari akurikiranyweho giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Ugihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.

Karamage Jean Claude, nyuma yo kumva igihano asabiwe n’ubushinjacyaha yavuze ko asaba imbabazi bityo akaba yagabanyirizwa igihano.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments