Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Sosiyete ya Kivu Belt, yagonze umunyonzi n’umugenzi yakuraga ku igare bombi bahita bitaba Imana nyuma yo kubaca hejuru.
Ni impanuka yabereye ahitwa mu Ruvumera,
mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye, Akarere ka Muhanga kuri uyu wa
Mbere tariki ya 30 Werurwe 2026.
Iyo modoka yo mu bwoko bwa Coaster yari
itwaye abagenzi ibavanye mu Burengerazuba, irenze ahitwa i Nyabisindu ikomeza
mu muhanda wa Ruvumera ari na ho yasanze abo bantu babiri bahagaze mu mpande
z’umuhanda.
Abari aho impanuka yabereye bemeza ko
imodoka yabagonze ibaturutse inyuma ikabaca hejuru, bagahita bitaba
Imana.
Iradukunda Serge, ucururiza hafi y’aho
byabereye, yavuze ko impanuka ishobora kuba yatewe n’uko umushoferi
yarangaye.
Yagize ati: “Twabonye imodoka ibaturutse
inyuma ibagonga itagabanyije umuvuduko ihita ibanyuraho irakomereza,
byagaragaraga nk’aho umushoferi atari yababonye kuko iyo aza kubabona ntiyari
kubagonga atyo.”
Yakomeje avuga ko abagenzi bari muri iyo
modoka bavugaga ko uwo mushoferi yari yahereye kare atwara nabi, ndetse bakaba
bari banatangiye kumwitotombera.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo
CIP Hassan Kamanzi, yemeje iby’iyi mpanuka, avuga ko bakimara kumenya amakuru
bihutiye gutabara.
Yagize ati: “Abagizweho ingaruka n’iyi
mpanuka bahise bitaba Imana, imirambo yabo yajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya
Kabgayi, naho iperereza rikaba ryatangiye, ubu umushoferi n’imodoka bifungiye
kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye.”
Polisi yongeye kwibutsa abakoresha
umuhanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga, kurushaho kwitwararika no
kugabanya umuvuduko, kuko amakosa mato ashobora guteza impanuka zikomeye
zinatwara ubuzima bw’abantu.