Perezida wa
Repubulika ta Santarafurika , Faustin-Archange
Touadéra, yarahiriye kuyobora igihugu muri manda ya gatatu kuri uyu wa Mbere, mu muhango ukomeye wabereye i Bangui
witabiriwe n’abayobozi batandukanye ndetse n’abashyitsi b’icyubahiro.
Uyu muhango
wabaye nyuma y’uko Perezida wari usanzwe ku butegetsi atangajwe nk’uwatsinze
amatora ya perezida yabaye ku wa 28 Ukuboza 2025, aho yegukanye amajwi 77,90%
nk’uko byemejwe n’Urwego rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga.
Uwo bari
bahanganye cyane, Anicet-Georges Dologuélé, yamaganye ibyavuye mu matora avuga
ko habayemo “uburiganya bukomeye”, nubwo we yari yabonye amajwi 13,50% akaza ku
mwanya wa kabiri.
Faustin-Archange
Touadéra watowe bwa mbere mu 2016, ubu atangiye manda nshya y’imyaka irindwi,
mu gihe manda ebyiri zabanje zamaragaimyaka
itanu.
Uyu muhango
wo kurahira wanabaye intangiriro ya Repubulika ya karindwi muri Santarafurika ,
nyuma y’ivugururwa ry’Itegeko Nshinga ryabaye mu 2023. Iri vugururwa ryakuyeho
umubare ntarengwa wa manda perezida ashobora kuyobora ndetse rinongerera igihe
cya manda.
Abayobozi
batandukanye bo ku mugabane wa Afurika bitabiriye uyu muhango, barimo Perezida
wa Gabon Brice Clotaire Oligui Nguema, Perezida w’Comoros Azali Assoumani,
ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Cameroon Joseph Dion Ngute.Minisitiri w’Intere
w’u Rwanda Dr. Justin Nsengiyumva
Uyu muhango
wagaragaje indi ntambwe mu mateka ya politiki ya Central African Republic, mu
gihe igihugu gikomeje gushaka inzira igana ku mahoro arambye n’iterambere.