Hari bamwe mu batuye mu kagari ka Rwanza umurenge wa Save akarere ka Gisagara bataka ikibazo cy’inzara batewe n’ibiza by’izuba n’urubura byabangirije imyaka ntibagira icyo bavanamo, nyamara muri iki gihe imbuga za bo zabaga zanitseho imyaka bagasaba ko ubuyobozi bwagira icyo bubafasha.
Ni mu gihe ubuyobozi
bw’umurenge wa Save buvuga ko ari ikibazo bwagaragarije akarere kugira ngo
harebwe uko aba baturage bahabwa ubufasha.
Ni ikibazo bavuga ko
kizanagira ingaruka ku gihembwe cy’ihinga gitaha, ngo kuko bafite impungenge
n’ikizere gicye cy’uko bazabona imbuto yo gusubiza mu butaka, babishingiye kuri
uku gutaha amara masa bari barahinze na cyane ko ubuzima bwabo bwa buri munsi
bushingira ku bikorwa by’ubuhinzi.
Babihereyeho bagasaba ko
ubuyobozi n’abandi babishinzwe baba hafi bakita ku bibazo bahuye na byo, byose
bigashingira ku kuba bahabwa ubufasha bakabona icyo kubarengera hamwe no
kuzabona imbuto yo gusubiza mu butaka.
Kuri iki kibazo
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Save, MURENZI AUGUSTIN avuga ko ari
ikibazo bagaragarije akarere kugira ngo harebwe uko aba baturage bahabwa
ubufasha.
Imibare igaragaza ko hafi
70% by’abanyarwanda bashingira imibereho ya bo ku buhinzi, ibyo waheraho uvuga
ko mu gihe ubuhinzi mu gihugu butagenze neza umubare munini w’ababukora uba
ufite ikibazo cy’ibyo kurya mu miryango ya bo.
Kuri ubu aba bo mu murenge
wa Save akarere ka Gisagara barasaba ko ubuyobozi bwabatekerezaho bukabaha
ubufasha kuko bahuye n’ibiza by’izuba n’urubura byatumye babutaha.