Mu nama y’ihuriro ry’abikorera yabereye mu murenge wa Zaza mu karere ka Ngoma abashoramari bahakorera ndetse n’abahafite ibikorwa bahuye n’ubuyobozi bw’uwo murenge mu rwego rwo gusuzuma no kurebera hamwe iterambere ry’umurenge ndetse n'imbogamizi zihari.
Ubwo yatangizaga iyo nama umunyamabanga
nshingwabikorwa w’umurenge wa zaza
yabanje kugaragariza abaraho ishusho n’isura
by’umurenge n’iterambere ryawo.
Ni umurenge
ukungahaye ku biribwa by’umwihariko ibihingwa bihiganje bikaba birimo inanasi
ndetse n’urutoki, uzengurutswe
n’ikiyaga cya Mugesera, ibitanga amahirwe ku bahinzi bashobora kwifashisha ayo mazi mu kuhira nko mu gihe cy’izuba
ryinshi ,ukanaba umurenge
Kandi w’igicumbi cy’uburezi.
Bamwe mu bitabiriye iryo huriro bishimiye ibyagaragajwe n’ubuyobozi
ndetse Kandi banagaruka ku bikorwa
bakorera muri uwo murenge ariko
banagaragarije ubuyobozi inzitizi bagihura nazo.
Batamuriza Beatrice atuye k’umugabane
w’iburayi akaba
n’umushoramari
ufite amasambu muri uyu murenge
Ati “Mba mu gihugu
cya Suwede aha I Zaza ahitwa Sangaza mpafite amasambu menshi nkora ubihinzi
bw’inananasi n’ibiti by’imbuto, nibyiza turahinga yewe tukaneza gusa mu gihe cy’umusaruro tugorwa cyane no kubona abaguzi biturutse
ku kuba nta mihanda imodoka zanyuramo ihari turangurirwa n’abakoresha amagare gusa ibyo rero bituma tugurisha duhenzwe ndetse n’umusaruro ukaba waduheraho ubwo rero
badufashije tukabona umuhanda byaba byiza kurushaho.”
Nkiko john ni umukozi wa hoteri iri ku kigero
cy’inyenyeri 5 iri mu musozo w’iyubakwa ryayo nawe tuganira yatubwiye ku mbogamizi bagifite
Ati:
“Turabura amezi make cyane ngo twuzuze hotel
yacu gusa dufite impungenge zaho abatugana bazajya baca kuko biragoye cyane
kubona ahunyuza imodoka.”
Mugirwanake Charles ni umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu murenge wa Zaza nawe yemera ko imihanda muri uyu murenge ayoboye ikiri imbogamizi ku iterambere ry’abawugize
Ati:
“Nibyo Koko imihanda yo mu giturage iracyari ikibazo ariko nkuko tudahwema kubivuga
ubuvugizi n’ubundi twiteguye
kubukora natwe rwose turabibona kwari ikibazo
kitoroshye ku bahinzi nabo bashaka gufashwa kuhira imyaka
yabo icyo twabizeza nuko
bishoboka cyane kuba bakunganirwa twese dufatanije.”
Uyu murenge wa Zaza ni umwe
muyigize akarere ka Ngoma kanaherutse kuba aka mbere mu gihugu kahize utundi mu kwesa imihigo bishingiye ku bikorwaremezo byakubatswemo kubwinshi nk’imihanda mishya yahanzwe mu mujyi wa kibungo
ubuyobozi bwegera cyane bukanatega amatwi abaturage binateganijwe ko Kandi Zaza nk’umwe mu mirenge igize akarere ukanaba igicumbi cy’uburezi nk’uko byahizwe n’abashoramari biteguye kugira uruhare no mu ihangwa ry’imihanda migenderano.