• Amakuru / MU-RWANDA


Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles, yanenze icyemezo cyafashwe n’Umujyi wa Kigali cyo kurandura ibishyimbo by’umuturage, avuga ko cyagize ingaruka mbi ku bukungu no ku mibereho y’abaturage.

Ibi byakurikiye amafoto yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga mu cyumweru gishize, agaragaza ibishyimbo byari byatangiye kuyanga mu Murenge wa Nyamirambo, Akarere ka Nyarugenge, birandurwa mbere y’igihe cy’isarura.

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine, yasobanuye ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku mabwiriza agenga imyubakire n’isuku, abuza guhinga mu nkengero z’imihanda ya kaburimbo.

Yagize ati:"Aha hantu ni mu nkengero z’umuhanda wa kaburimbo, kandi guhinga ubutaka bw’iruhande rw’umuhanda ntibyemewe. Turimo kuhakora ubusitani bufasha gufata itaka no kurinda imihanda kwangirika mu gihe cy’imvura nyinshi."

Yakomeje avuga ko ubuyobozi bwari bwaraburiye uwo muturage inshuro nyinshi, bumusaba guhagarika guhinga aho hantu, ariko akabyirengagiza.

Gusa, ku Cyumweru tariki ya 29 Werurwe 2026, ubwo yari mu nama y’Inteko Rusange ya FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyarugenge, Habonimana Charles yanenze uburyo iki kibazo cyakemuwe.

Yagize ati:"Ntabwo ari byiza gufata icyemezo cyo kurandura ibihingwa by’umuturage bitamaze gusarurwa. Tugomba gufatanya mu gufata ibyemezo, tukareba ingaruka zabyo ku baturage."

Yakomeje agaragaza ko ibishyimbo byari hafi gusarurwa, bityo kubirandura byabaye nko kwangiza umusaruro wari usigaye iminsi mike ngo ugerweho.

Yongeyeho ati:"Ibishyimbo byatewe mu mpera z’umwaka ushize, bivuze ko byari bigiye gusarurwa mu minsi ya vuba. Kubirandura ni uguhomba ku baturage no ku gihugu muri rusange."

Habonimana yasoje ashimangira ko icyemezo nk’iki gishobora kuba cyagize ingaruka ebyiri mbi icyarimwe: kwangiza umusaruro w’ubuhinzi ndetse no kudatanga igisubizo kirambye ku kibazo cy’isuku n’ikorwa ry’ubusitani.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments