Inkongi y’umuriro
yibasiye uruganda rutunganya peteroli ruherereye nko ku bilometero 75 mu
majyepfo y’iburengerazuba bwa Melbourne rutanga hafi 10% bya lisansi ikoreshwa
mu burasirazuba bwa Australia, irimo essence, mazutu na kérosène ikoreshwa mu
ndege, cyane cyane mu ntara nka Victoria, New South Wales na Queensland.
Iyi nkongi
yahungabanije igice cy’ingenzi gitunganya lisansi , bituma abantu bimurwa
byihutirwa ndetse hatangizwa ibikorwa by’ubutabazi birimo abashinzwe kuzimya
inkongi n’inzobere mu bintu bishobora guteza ibyago
Inkongi
yagarukiye mu gice gitunganya essence, aho yakomeje gukongoka itewe n’ikorwa
ry’itembera ry’ibikomoka kuri peteroli
Abayobozi
bemeje ko nta muntu wakomeretse muri iyi mpanuka, kandi nta kimenyetso cy’uko
yaba yaratewe n’ikintu gikemangwa.
Iyi mpanuka
ibaye mu gihe Australia ihanganye n’ibibazo bishobora guteza ibura rya lisansi,
bitewe n’intambara iri hagati ya Iran n’ibindi bihugu ndetse n’izamuka
ry’ibiciro ku isoko mpuzamahanga.
Ihagarara
ry’ibikorwa muri uru ruganda rishobora kongera ikibazo cy’ibura rya lisansi no
kuzamura ibiciro cyane cyane mu mijyi minini irimo Melbourne na Sydney.
Minisitiri
w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese, yatangaje ko ingaruka z’iyi nkongi
zishobora kumara igihe kirekire.
Guverinoma
iri gufasha ibigo nka Ampol na Viva Energy gushaka lisansi ku isoko
mpuzamahanga, nubwo ibiciro biri hejuru.
Minisitiri
w’Ingufu, Chris Bowen, yavuze ko itunganywa rya lisansi ryahagaze, ariko irya
mazutu na lisansi y’indege rigikomeje nubwo ritari ku rwego rusanz
Like This Post? Related Posts