• Amakuru / MU-RWANDA


Byabereye mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru y’u Rwanda ku wa mu ijoro ryo ku wa 14 Mata 2026. Abahaye amakuru BTN TV bemeza ko muri iryo joro ubwo uwo musaza nyakwigendera yari ageze mu rugo atashye bahise bamwanjama bagatangira kumuhondagura ariko bakumva ari gutaka cyane atabaza bagahita bafungura radiyo kugira ngo amajwi y’utabaza atagira aho yumvikana.

Ibyo ngo ni byo byatumye bamwica muri iryo joro barangije umurambo bawurekera ku buriri birirwana na wo ku manywa yose yo ku wa 15 Mata 2026 kugeza ubwo byaje kumenyekana mu saa cyenda z’uwo z’amanywa nabwo bitahuwe na mushiki w’uwo nyakwigendera waje amushaka bakamubwira ko aryamye ariko yagerayo agasanga yamaze gupfa mu gihe abandi bari bibereye hanze bari gutora ibishyimbo byo guteka nk'aho ntacyabaye.

Aba bakomeza bavuga ko nyakwigendera yanapfanye inzara ikomeye kuko ngo uwo muhungu we na nyina bamuhozaga ku nkeke bakamwima ibiryo bakanamukubita bya hato na hato.

Ni ibintu byababaje cyane aba baturage bemeza ko nyakwigendera yazize urw’amahererere, umwe ati “ Twari kumuha amabuye bwo, na nyina rwose twari kubabaga, babarase ahubwo. Urwo ruhungu na nyina batubabaje cyane kuko uyu musaza yari umuntu mwiza.”

Aba bakekwa bahise batabwa muri yombi kugira ngo bakorweho iperereza mu gihe abaturage n’abandi bo mu muryango bo bakomeje imyiteguro yo gushyingura nyakwigendera. Ntihigeze hatangazwa icyo baba baramuhoye icyakora bakeka ko yazize imitungo.

BIKURIKIRE MURI VIDEO IKURIKIRA..

 




 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments