• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Gacaca bimuwe mu birwa byikiyaga cya Ruhondo bavuga ko aho bimuriwe bubakiwe biogaze zo gucanaho ariko ngo zapfuye zitamaze kabiri none kuri ubu bagorwa no kubona ibyo bacana bagasaba ko bafashwa zikongera gukora.

Mu mwaka wa 2017 nibwo hari abaturage bagera muri 62 bari bimuwe mu kirwa cya Mwegerera kiri mu kiyaga cya Ruhondo mu Murenge wa Gashaki bimuwe bajyanwa mu Mudugudu wa Murora mu Kagari ka Gakoro mu Murenge wa Gacaca wakarere ka Musanze.

Icyo gihe bimurwa mu byo basanze harimo Biyogaze zo gutekaho zimeze neza. Icyakora iyo ugeze muri uyu mudugudu batujwemo bakwakiriza agahinda bafite ko kuba barazitetseho igihe gito maze zigahita zipfa,ikindi kandi ngo ni ikibazo bagejeje ku bayobozi babo nyamara ngo kugira ngo zongere gukora byabaye ingorabahizi none bamwe kubona ibicanwa birabagora.

Dore nkubu hari abo dusanze barimo bashaka inkwi zibisigarizwa batemyeho amasaka ibizwi nkibikenkeri ibindi birunze mu bikoni byabo nabwo ngo bisaba kujya kubishaka mu masambu yabo aho bari batuye mu birwa. Baganira numunyamakuru wa B Plus Tv basaba ko kuri iyi nshuro ubuyobozi bwabo bwakumva ijwi ryabo izi biyogazi zikongera zigakora.

Umuyobozi w'Akarere ka Musanze Nsengimana Claudien avuga ko umushinga wa Biyogaze utagenze uko babitekerezaga icyakora cyo kuri ubu hari ikindi gisubizo kiri gushakwa.

Yagize ati:"navuga ko ibintu bitagenze uko abantu bari babiteganyije ubwo ni ugushaka ubundi buryo byazasimbuzwa kuko hari insi Tekinoloji turimo tureba niba ishobora kuba yafasha,ubwo niyo tukirebaho ngo turebe ko twafashaa aba baturage".

Uko ari imiryango 62 yimuwe nta biyogaze ni imwe igikora nyamara ikibazo abaturage bemeza ko abayobozi bakizi kuva zapfa mu mwaka umwe bazicanyeho ariko ngo bigize ntibindeba abaturage bakibaza niba ubuyobozi bwakarere ka Musanze imvugo yumuturage ku isonga yo itabureba ibituma butayitaho.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments