• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu batuye mu murenge wa Tumba umudugudu wa Ntangarugero akagari ka Rango B mu karere ka Huye bavuga ko batewe impungenge n’impanuka zishobora guterwa n’um uriro w’amashanyarazi bitewe n’insinga z’amashanyarazi zaguye hasi abana babo bakirirwa bazikiniraho, bityo bakifuza ko ababifite mu nshingano bakemura iki kibazo mu maguru mashya bagahabwa amapoto akomeye.

Aba baturage bahuriza ku mpungenge z’uko abana bashobora gufatwa n’amashanyarazi mu gihe birirwa bakina n’insinga, bakanagaragaza hari bimwe mu binyabiziga bijya bigonga izi nsiga.

Bagaragaza kandi n’ayo mapoto bavuga ko yaguye agaragara nk’ashaje cyane k’uburyo bahorana ubwoba bw’inkongi y’umuriro ishobora guterwa n’izo nsinga, bagasaba guhabwa amapoto akomeye ndentse n’umuriro ufite imbaraga.

Umuyobozi wa REG ishami rya Huye Kayibanda Omar atanga icyizere ko gahunda yo kugikemura ihari kandi birimo gukorwa k’uburyo vuba biza kuba byarangiye.

Inkuru irambuye tuyumve muri iyi video 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments