• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Mu gutangaza ko habaye agahenge k’imirwano hagati ya Israel na Liban ejo, Perezida Donald Trump wa Amerika yagize ati: “Ni icyubahiro kuri njye kuba narahagaritse intambara 9 ku isi hose, kandi iyi izaba iya 10.”

Mbere yari yaravuze ko yarangije intambara umunani, naho intambara iheruka na Iran, Amerika yatangije ifatanyije na Israel, ishobora kuba iya cyenda.

Intambara ya Israel muri Liban yo kurwana na Hezbollah ni yo yavuze ko ari iya cumi.

Nubwo bigaragara ko hari amasezerano yo guhagarika imirwano ku birebana na Liban, kandi n’ayo hagati ya Iran yamaze gutangira gukurikizwa kuva ku wa 8 Mata 2026, nta masezerano arambye y’amahoro arashyirwaho kuri izo ntambara zombi.

Izindi ntambara umunani Trump avuga ko yarangije, nk’uko bivugwa na White House, ni izari hagati ya:

1. Israel na Hamas

2. Israel na Iran

3. Pakistan n’u Buhinde

4. U Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo

5. Thailand na Cambodia

6. Armenia na Azerbaijan

7. Misiri na Ethiopia

8. Serbia na Kosovo

BBC Verify yigeze gusuzuma ibi bivugwa na Perezida Trump, igaragaza ko nubwo hari aho byumvikana ko Trump ashobora gufataho uruhare mu biganiro bimwe na bimwe nko gufasha mu masezerano yo guhagarika imirwano hagati ya Israel na Hamas i Gaza, izindi “ntambara” nyinshi zavuzwe zamaze iminsi mike gusa hagati y’ibihugu bisanzwe bifitanye amakimbirane ya kera.

Hari n’urugero rumwe aho “intambara” hagati ya Misiri na Ethiopia yari ikibazo cya dipolomasi kijyanye n’iyubakwa ry’urugomero, nta mirwano nyakuri yabayeho ngo irangizwe.

Byongeye kandi, imirwano mu Burasirazuba bwa DR Congo yarakomeje na nyuma y’uko u Rwanda na DRC bashyize umukono ku masezerano y’amahoro i Washington DC mu mwaka ushize.

Aha muri RDC nubwo Trump avuga ko hari intambara hagati yayo n' u Rwanda, abasesenguzi bagaragaza ko atari intambara ahubwo ari amakimbirane hagati y'ibihugu byombi kuko nta gihugu kigeze gitangaza ko cyateye ikindi ku mugaragaro.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments