• Amakuru / POLITIKI


Umubano hagati y’u Rwanda na Mozambique uravugwaho kujya mu kangaratete, bitewe n’ubukererwe bwa Leta ya Mozambique mu kwishyura amafaranga agenewe ibikorwa byo kurwanya iterabwoba mu Ntara ya Cabo Delgado, ahari ingabo z’u Rwanda.

U Rwanda rwohereje ingabo muri Mozambique kuva muri Nyakanga 2021, aho kuri ubu habarurwa abasirikare barenga 5,000 bari mu bikorwa byo kugarura umutekano muri iyo ntara.

Amakuru dukesha Africa Intelligence agaragaza ko umwenda Mozambique ibereyemo u Rwanda ugeze kuri miliyoni 22 z’amadolari ya Amerika, bingana n’umwaka wose w’ubukererwe mu kwishyura. Amasezerano avugwa hagati y’impande zombi ateganya ko Mozambique igomba kwishyura nibura miliyoni 2 z’amadolari buri kwezi.

Icyakora, ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique bivugwa ko bitwara hagati ya miliyoni 10 na 20 z’amadolari buri kwezi, bigatuma ubukererwe mu kwishyura bugira ingaruka ku mikoranire y’ibihugu byombi.

Bivugwa ko nubwo ikibazo cy’umwenda cyari gisanzwe gihari no mu gihe cy’ubutegetsi bwa Filipe Nyusi, cyarushijeho gukomera nyuma y’uko Perezida mushya Daniel Chapo ageze ku butegetsi muri Mutarama 2025, aho byari byitezwe ko kwishyura byongera gutangira hagati muri uwo mwaka, ariko ntibyakorwa.

Imwe mu mpamvu zituma Mozambique itishyura ku gihe harimo ibibazo by’ubukungu iki gihugu gifite, birimo umwenda munini ugera kuri 71% by’umusaruro mbumbe w’igihugu, ndetse n’amafaranga make ava mu misoro akoreshwa ahanini mu kwishyura abakozi ba leta n’ibindi bikorwa by’ibanze.

Ubukungu bw’iki gihugu na bwo bukomeje kuzamuka ku kigero gito, hafi 2% mu myaka ishize, mu gihe imishinga minini yo gucukura gaze itaratangira gutanga inyungu ifatika.

Hari kandi n’ibibazo bya politiki imbere mu ishyaka riri ku butegetsi rya Frelimo, aho bamwe mu bayobozi batifuza ko ingabo z’amahanga zikomeza kuguma muri Mozambique igihe kirekire, mu gihe abandi babona ko ingabo z’u Rwanda zikiri ingenzi mu gucunga umutekano, cyane ko ingabo za Mozambique zitari zabasha kuwucunga neza.

Ku rundi ruhande, ibigo mpuzamahanga bifite imishinga ya gaze birimo TotalEnergies na ExxonMobil bikomeje gushyira igitutu ku butegetsi bwa Mozambique kugira ngo bwemere ko ingabo z’u Rwanda ziguma muri Cabo Delgado kugeza nibura hagati ya 2029 na 2030, mu rwego rwo kurinda ishoramari ryabyo.

Mu kwezi gushize, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko u Rwanda rushobora gutekereza gucyura ingabo zarwo muri Mozambique, mu gihe ikibazo cy’amafaranga cyakomeza kudakemuka.

Ibi byakurikiye amakuru yavugaga ko Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi ushobora guhagarika inkunga ya miliyoni 20 z’ama-Euro wageneraga ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda muri Mozambique.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments