Abaturage bo mu Karere ka Ruhango, mu Murenge wa Bweramana, ahazwi nko mu Rugogwe, bavuga ko bahangayikishijwe n'ikibazo cy'ubujura bw'inka bukabije.
Aba
baturage bakomeza bavuga ko iki kibazo kimaze gufata indi ntera, aho muri ako
gace hamaze gufatirwa inka nyinshi zibwe zigasubizwa bene zo mu gihe hari
izindi zafashwe zatarabona ba nyirazo.
Umwe
mu baturage baganiriye na BTN TV, yagize ati:"Ikibazo cy'inka zibwe
kirakaze cyane. Iki Cyumweru cyose abayobozi n'abaturage bakimaze bahagaze
kubera ikibazo cy'ubujura bw'inka kiri inaha. Inka zibwa zirahari bagashakisha
bene zo baza bagatumwa ibyangombwa byerekana ko ari izabo ubu hari inka nyinshi
ziragije kuko ba nyirazo batarazana ibyangombwa batumwe..."
Uyu
muturage yakomeje avuga ko hari abaza gushaka inka bakayihuriraho ari nka
batanu bose bavuga ko ari iyabo, ibyo bavuga ko ari ubujura byahinduye isura.
Ati:"Ni
ubujura byahinduye isura kuko ntibyumvikana ukuntu inka ihurirwaho n'abantu
batunu bose bavuga ko ari iyabo."
Uko
gihurira ku nka imwe bose bavuga ko ari iyabo biri guteza amakimbirane mu
baturage kuko hari bamwe bari kubirenganiramo.
Abaturage
bo muri aka gace bashyira mu majwi Umuyobozi w'Umudugudu wabo ko na we yaba
akorana n'abo bajura biyitirira izo nka.
Umunyamakuru wa BTN TV yagerageje kuvugana n'ubuyobozi bw'Akarere ka Ruhango, ariko ntibwashimye kugira icyo buvuga kuri iki ikibazo.
Gusa,
abaturage basaba ko ubuyobozi babafasha kubakiza abajura biyitirira inka maze
ababikora bakabihanirwa by'intangarugero.
Raporo
y’Urwego rw’Ubucamanza y'umwaka wa 2024/2025 yagaragaje ko ibyaha byiganje muri
sosiyete nyarwanda birangajwe imbere n’ubujura, mu gihe icyaha cyo gukubita no
gukomeretsa ku bushake kiza ku mwanya wa kabiri.
Iki
cyaha giteganywa n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, aho
riteganya ko umuntu, ubishaka, ukomeretsa undi, umukubita cyangwa umusagarira
ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu ariko kitarenze umwaka 1 n’ihazabu itari munsi ya 100.000 Frw ariko itarenze 300.000 FRW.