• Amakuru / MU-RWANDA


Umukobwa bigaragara ko akiri muto yafatiwe mu iduka riherereye mu murenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo yaritoboye maze ngo yibamo amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400 biteza akavuyo muri ako gace.

Nk’uko biri mu mashusho yafashwe na bagenzi bacu bo kuri BTN TV, aba baturage bumvikana bavuga ko icyifuzo cyabo ari uko uyu bashinja ubujura bamubarekera ngo bakamwica kuko ngo ubujura muri aka gace bubazengereje kandi ngo butizwa umurindi n’uko abafatwa bafungwa by’iminsi mike bakagaruka bafite ubukana ahubwo noneho.

Hari uvuga mu magambo ye ngo uramufata akakubwira ngo niba umfungisha mfungisha ngende ejo nzagaruka, cyangwa ngo nkubuta ngende ejo nzagaruka… Bakatwirataho gutyo. Uyu rero nawe nimumujanye mumukure aha, nimutamujyana turamusyonyora njyewe nabivuze.”

Bakomeza bagaragaza ko ubu bujura bwafashe intera ikomeye bagasaba ko bwahagurukirwa n’inzego zibishinzwe, umwe ati  “Turabihaze, turabihaze mudukorere ubuvugizi ubujura bumeze nabi cyane.”

Undi ati “Nonese umuntu wagiye mu nzu bakamufatiramo ubwo urumva amafaranga Atari we wayatwaye.?”

Naho undi we ati “ Ikintu kitwa ubujura kiratuzengereje muri kano gace, buri kantu kose baragatwara, nta muntu ukigira agahene, agakwavu, inkoko … byose baratwara kandi ku manywa, inzu barazimaze bazipfumagura.”

BIREBE BYOSE MURI VIDEO


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments