Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence, yatangaje ko nubwo ibiciro bya lisansi byazamutse mu Rwanda, nta ngaruka zikomeye bizagira ku iboneka ry’ibicuruzwa by’ingenzi ku masoko yo mu gihugu.
Ibi
yabitangaje nyuma y’itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Urwego Ngenzuramikorere
mu Rwanda (RURA), rigaragaza ko igiciro cya lisansi cyazamutse kigera kuri
2.938 Frw kuri litiro, kivuye kuri 2.303 Frw, mu gihe igiciro cya mazutu
cyagumye kuri 2.205 Frw kuri litiro.
Minisitiri
Sebahizi yasobanuye ko Leta yafashe ingamba zihamye zo gukomeza gutuma
ibicuruzwa by’ingenzi biboneka ku isoko, cyane cyane ibiva mu mahanga birimo
ibikomoka kuri peteroli, imiti, ifumbire n’ibiribwa.
Yagize
ati: “Turimo gukora ibishoboka byose kugira ngo ibikomoka kuri peteroli
biboneke ku isoko, ndetse n’ibindi bicuruzwa byose igihugu gikenera bitabura,
haba imiti, amafumbire, ibiribwa n’ibindi.”
Yongeyeho
ko u Rwanda rufite ingamba zirimo gutegura neza uburyo bwo gutumiza ibicuruzwa
hanze no kubika ibigega bihagije, hagamijwe gukumira ihungabana ry’isoko
riturutse ku mpinduka z’ibiciro ku rwego mpuzamahanga.
Ku
ruhande mpuzamahanga, izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli rifitanye
isano n’intambara ikomeje guhuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel na Iran,
imaze igihe kirenga ukwezi n’igice.
Iyi
ntambara yatumye Umuhora wa Hormuz ufungwa, aho unyuramo hafi 20% by’ibikomoka
kuri peteroli bikoreshwa ku Isi buri munsi. Ibi byagize ingaruka zikomeye ku
isoko mpuzamahanga rya peteroli, bituma ibiciro bizamuka cyane.
Nubwo
hari icyizere cyari cyatanzwe n’agahenge kari kagezweho hagati ya Iran na
Amerika, ibiganiro byahuje impande zombi byamaze amasaha arenga 20 ntibyigeze
bigera ku mwanzuro urambye.
Ibi
byatumye ibiciro bya peteroli ku isoko mpuzamahanga byongera kuzamuka, aho
akagunguru (baril) kamaze kurenga Amadolari ya Amerika 100, bikaba bikomeje
kugira ingaruka ku bihugu byinshi birimo n’u Rwanda rutumiza ibikomoka kuri
peteroli hanze.
Nubwo
bimeze bityo, Leta y’u Rwanda ikomeje gushimangira ko hari ingamba zihari zo
kurinda isoko ry’imbere mu gihugu, bityo abaturage bakaba bashishikarizwa
kudahangayika ku ibura ry’ibicuruzwa by’ingenzi.