• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Umuhungu w’umuhererezi (Bucura) wa Robert Mugabe wahoze ari perezida wa Zimbabwe, yemeye ibyaha byo gutunga umuntu imbunda no guhonyora amategeko agenga abinjira n’abasohoka ya Afurika y’Epfo.

Bellarmine Mugabe yinjiye mu cyiciro cyo kumvikana kuri ibyo birego bibiri aregwa nyuma y’uko atawe muri yombi muri Gashyantare 2026, nyuma yo kurasa umuntu kwabereye aho aba i Johannesburg.

Uko kurasa kwakomerekeje bikomeye umusore w’imyaka 23 y’amavuko.

Mugabe w’imyaka 28 y’amavuko mu rukiko kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 17 Mata 2026, yavuze gusa ubwo yemezaga ko yumva ibyo aregwa kandi yemeye kumvikana.

Uyu musore arafunze kuva uko kurasa kwabaho, afunganye n’uwo bareganwa Tobias Matonhodze w’imyaka 33 y’amavuko we wemeye icyaha cyo kugerageza kwica, kurenga ku mategeko y’abinjira n’abasohoka, no gutunga intwaro bitemewe.

Kubakatira ibihano byashyizwe ku wa 24 Mata 2026 kugira ngo urukiko rubone umwanya wo kumva uwarashwe bivugwa ko yari umurinzi w’urugo, nk’uko umunyamakuru wa BBC i Johannesburg abivuga.

Mugabe na Matonhodze barakomeza gufungwa kugeza icyo gihe.

Bellarmine Mugabe ni umuhungu wa Robert Mugabe ku mugore we wa kabiri Grace Mugabe.

Robert Mugabe wapfuye mu 2019, yamaze imyaka 37 ku butegetsi mbere yo kubukurwaho n’imyivumbagatanyo ya rubanda mu 2017.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments