Guverinoma ya Iran yatangaje ko Umuhora wa Hormuz, umwe mu mihora y’ingenzi ku isi ikoreshwa mu gutwara ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bicuruzwa, wongera gufungurwa byuzuye ku mato yose y’ubucuruzi.
Ibi
byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi,
abinyujije ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), aho yavuze ko iki cyemezo
gifitanye isano n’agahenge kari hagati y’ibihugu bya Iran na Leta Zunze Ubumwe
za Amerika ndetse n’akarere ka Liban.
Yagize
ati:“Dushingiye ku gahenge kariho muri Liban no ku bwumvikane bw’agateganyo,
turatangaza ko inzira zose z’amato y’ubucuruzi anyura mu Muhora wa Hormuz
zifunguye byuzuye mu gihe gisigaye cy’agahenge.”
Nyuma
y’iri tangazo, uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald
Trump, yahise arisubiramo ku mbuga nkoranyambaga, ariherekezaho ubutumwa bugufi
bugira buti:“Murakoze.”
Icyakora,
Trump yongeyeho ko Amerika itazahagarika igitutu ishyira kuri Iran, ashimangira
ko izakomeza gukaza ibihano n’ingamba zikomeye “n’ingufu zose” kugeza igihe
hazagerwa ku masezerano yuzuye hagati y’impande zombi.
Yavuze
ko ibiganiro bimaze gutera intambwe igaragara, ati:“Ingingo nyinshi zamaze
kuganirwaho, kandi bikwiye kwihutishwa kugira ngo tugere ku bwumvikane busesuye
100%.”
Mu
minsi ishize, Leta Zunze Ubumwe za Amerika yari yatangaje ko yafunze ibyambu
byose bya Iran biherereye ku Muhora wa Hormuz, mu rwego rwo kwihimura nyuma
y’uko Iran nayo yari yafunze uwo muhora ivuga ko irimo kwirwanaho nyuma yo
gutangira kuraswaho.
Ibi
byari byateje impungenge ku isoko mpuzamahanga, cyane cyane mu bijyanye
n’ibiciro bya peteroli, kuko Umuhora wa Hormuz unyuramo igice kinini cya
peteroli icuruzwa ku isi.
Kugeza ubu, impande zombi zemeye agahenge k’igihe cy’ibyumweru bibiri, kagomba kurangira ku wa 22 Mata 2026. Abasesenguzi bavuga ko icyo gihe kizaba ingenzi mu kureba niba ibiganiro bizatanga umusaruro cyangwa niba umwuka mubi ushobora kongera kubyuka.
Like This Post? Related Posts