Abayobozi
n’abakozi ba MTN na MoMo (Mobile Money) basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa
Ntarama, bunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 banashimira
ubutwari n’imbaraga z’abarokotse.
Ni igikorwa
bakoze Ku wa Gatanu tariki ya 17 Mata 2026 mu gihe u Rwanda n’isi yose
bibuka ku nshuro ya 32 Jenoside
yakorewe Abatutsi muri 1994
Bakigera ku
Rwibutso rwa Ntarama babanje gusobanurirwa mateka y’urwo rwibutso n’uko
abatutsi bo mu bugesera bacishijwe mu
nzira zi inzitane cyane zabagejeje ku kwica urwagashyinyaguro
bazira uko bavutse .
Banasobanuriwe
uko inkotanyi ubwo zabageragaho
zikabarokora bahise babona icyizere cy’ubuzima kugeza na nubu abarokotse Jenoside bakaba bakomeje kwiyuba no
kwiteza imbere .
Nyuma yo
gusobanurirwa ayo mateka yaranze ubwicanyi bwakorewe I Ntarama Abakozi ba MTN
Rwanda MOMO barangajwe imbere n’abayobozi babo bunamiye
Abatutsi zihashyinguwe banashyira
indabo ku mva bashyiguwemo
Mu rwego rwo
gushyigikira abarokotse Jenoside, MTN na MoMo batanze inka, nk’ikimenyetso
cy’icyizere, agaciro n’ubuzima bushya.
Mu muco
nyarwanda, inka n’ikimenyetso cy’ubuzima n’iterambere ,icyubahiro n’agaciro n’icyizere
cy’ejo hazaza heza.
Iyi nkunga
igaragaza ubushake bwo gukomeza gushyigikira imibereho y’abarokotse no
kubafasha gukomeza urugendo rwabo.
Joel Mugabo
ukora muri Mobile Money Rwanda Ltd mu Ishami ry’ubucuruzi yavuze ko basuye
Urwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama kugira ngo bibuke ariko nanone abato
basobanuriwe amateka.
Ati: ”Uyu ni
umunsi umwe ugize iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe
Abatutsi mu 1994 ariko by'umwihariko nka Mobile Money twaje mu murenge wa
Ntarama Kwibuka. Twaje kwifatanya n’abaturage bo muri uyu Murenge by'umwihariko
abacitse ku Icumu kugira ngo twunamire abacu bazize Jenoside ariko tunagirane
ibiganiro bivuga ku mateka yacu kugira ngo n’abato bavutse nyuma ya Jenoside
bamenye amateka kugira ngo atazazima”.
Alain Numa
ukora muri MTN Rwanda yavuze ko bahaye inka abatishoboye bacitse ku icumu rya
Jenoside yakorewe Abatutsi mu rwego rwo kubafata mu mugongo ariko no kubafasha
kwiyubaka.
Ati: ”Kuza
gufata mu mugongo umuntu ubundi iyaba buri wese yabishoboraga, tuzi ubuzima
bw’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, tuzi uko babayeho ntabwo ari ubuzima
bwiza ariko na none uko haje gahunda gutya Perezida wa Repubulika yatangije
gahunda, [Gira Inka], gutya natwe twunga mu rye tukavuga tuti 'reka noneho
hejuru yo Kwibuka harimo Kwiyubaka reka twubake n’abandi'.
Niyo mpamvu
wabonye twabaremeye inka kugira ngo nabo ejo, ejo bundi bazaremere
n’abandi iyo gahunda ikomeze”.
Umuyobozi wa
MTN Rwanda, Monzer Ali yavuze ko yaje mu Rwanda aje kuba umuyobozi muri iyi
sosiyete y’Itumanaho ariko nanone akisanga agomba kwiga ukuntu abantu bahuye
n’ibikomere bikomeye bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bakaba
batera mbere buri munsi.
Ati:
”Hashize hafi umwaka umwe ngeze mu Rwanda. Nageze muri MTN Rwanda
nk'Umuyobozi Mukuru ufite inshingano zo kuyobora. Ariko ahubwo, nasanze niga
kandi niga buri munsi ku bantu bahuye n'ububabare budasanzwe ariko bagahitamo
gutera imbere buri munsi”.
Yavuze ko
MTN Rwanda yiteguye gukomeza kubaka Ubumwe bw’Abanyarwanda no gutanga amahirwe
kuri bose.
Urwibutso
rwa Jenoside rwa ntara rumwe mu nzibutso zikomeye cyane rubitse amateka
ashaririye ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri uru
rwibutso hashyinguye imibiri y’Abatutsi irenga 5,000 biciwe muri Kiliziya ya
Ntarama no mu bice biyikikije.
Aba bishwe
ahanini bari bahungiye muri iyo kiliziya bizeye kuhahungira, ariko baza
kugabwaho igitero cy’ubugome n’Interahamwe zibica urwagashinyaguro
Uyu munsi,
Ntarama ni hamwe mu hatanga isomo rikomeye ku mateka ya Jenoside, kwibuka
abazize Jenoside no guharanira ko bitazongera kubaho ukundi.