Umutwe witwaje intwaro wa TPLF watangaje ko wisubije intara ya Tigray nyuma y’imyaka hafi ine ugiranye na Leta ya Ethiopia amasezerano yo guhagarika intambara yasinyiwe i Pretoria muri Afurika y’Epfo.
Ku wa 19 Mata 2026,
TPLF yatangarije ku rubuga rwa Facebook ko ubuyobozi bukuru bwayo bwafashe
icyemezo cyo gusubizaho Inteko Ishinga Amategeko ya Tigray yari yarahagaritswe
hashingiwe kuri aya masezerano y’amahoro.
TPLF yashinje Leta ya Ethiopia kurenga ku masezerano y’amahoro
yo mu 2022, gushaka guteza intambara muri Tigray, no gufatira amafaranga yari
kuvamo imishahara y’abakozi ba Leta bakomoka muri iyi ntara.
Tariki ya 19 Mata, Getachew Reda wahoze ari Umuvugizi wa TPLF,
ubu akaba ari umujyanama wa Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed,
yagaragaje ko afite impungenge ko Tigray yakongera kubamo intambara mu gihe
abatuye muri iyi ntara batarakira ibikomere byo mu myaka ine ishize.
Reda yagize ati “Nkurikije uko ibintu bimeze, abaturage ba
Tigray bakiri mu kaga batewe n’intambara iheruka, ntibashobora kwihanganira
akandi kaga n’ubundi bugizi bwa nabi.”
Yakomeje ati “Ntibyatungurana rero ko icyemezo cyose cyafatwa
n’uruhande rumwe cyo kwikura mu masezerano ya Pretoria no kurenga kuri gahunda
yari imaze kubakwa nyuma y’intambara gishobora guteza indi ntambara, atari
hagati y’abo mu karere gusa, ahubwo habaho no guhangana na Leta.”
Uyu munyapolitiki yasabye umuryango mpuzamahanga gukumira bwangu
intambara ishobora kongera kuvuka muri Tigray, ukibutsa impande zasinye
amasezerano y’amahoro ya Pretoria ko zizaryozwa kuyarengaho.
Intambara yo muri Tigray yatangiye mu 2020 irangira mu 2022
bigizwemo uruhare n’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) wayoboye ibiganiro
by’amahoro. Abantu 600.000 barishwe, abagera kuri miliyoni eshatu bava byabo.