• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa wUmuryango w’Abibumbye  muri  Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  akaba n’umuyobozi wa MONUSCO, James Swan, yatangiye ku wa 20 Mata uruzinduko rwe rwa mbere mu burasirazuba bw’igihugu kuva yatangira inshingano ze.

Uru ruzinduko rwatangiriye mu mujyi wa Beni, ruha umwanya wo gusuzuma uko umutekano uhagaze mu gice cyitwa Grand Nord, kimaze igihe cyugarijwe n’ibikorwa by’imitwe yitwaje intwaro.

Ku munsi wa mbere w’uru ruzinduko, James Swan yitabiriye inama zitandukanye zigaruka ku isuzuma ry’umutekano mu karere  ,ingamba zo kurinda abasivili ndetse  no gushimangira imikoranire n’ubuyobozi bw’intara

Yahawe amakuru arambuye ku bijyanye n’umutekano mbere yo gusura icyicaro gikuru cy’ingabo za MONUSCO, aho yakiriwe mu cyubahiro cya gisirikare.

Mu biganiro byabaye, hagarutswe cyane ku bibazo by’umutekano biterwa n’umutwe wa ADF umaze imyaka myinshi utera abaturage mu bice bitandukanye byo  mu majyaruguru ya Kivu

Nubwo hari aho umutekano wagiye ugerageza kugaruka, aka karere gakomeje kuba mu kaga kubera kwiyongera kw’imitwe yitwaje intwaro ,umutekano muke mu bice byinshi  n’ibibazo by’ubutabazi bukomeje kuba bukeya  

Mu masaha y’igicamunsi, James Swan yagiranye ibiganiro n’abayobozi ba MONUSCO ndetse n’abandi bakozi b’amashami y’umuryango  w’abibumbye bakorera muri ako karere, baganira ku buryo bwo gufasha abaturage bugarijwe n’umutekano muke.

Nyuma yahoo yagiranye ibiganiro  na  Guverineri wa gisirikare wa Kivu y’amajyaruguru, Evariste Kakule Somo, baganira ku  bibazo bijyanye n’umutekano muri Goma,Ukurinda abaturage no kunoza  Imikoranire hagati ya MONUSCO n’inzego za leta ya Congo

Ibiganiro byabo byakurikiwe n’inama yihariye ku myanzuro y’ihuriro ry’Amahoro ku kibazo cya ADF.

Uru ruzinduko rwa mbere rwa James Swan rugaragaza ubushake bwe bwo gukorana bya hafi n’abayobozi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’abaturage, hagamijwe gushaka ibisubizo birambye ku bibazo by’umutekano.

Rugaragaza kandi ko MONUSCO ikomeje gushyira imbere kurinda abasivili no kugarura ituze mu gice cya Goma , nubwo hari imbogamizi zikomeye zikigaragara.

 

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments