• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahaye Iran iminsi iri hagati y’itatu n’itanu kugira ngo ibe yamaze kugera ku mwanzuro uhamye izashyikiriza Washington mbere y’uko agahenge karangira.

Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Amerika bivuga ko yiteguye gutanga indi minsi itatu kugeza kuri itanu y’agahenge kugira ngo Iran ibone umwanya wo kwisuganya no gutegura neza icyo igomba gukora, niba yumvikana na Amerika ku ngingo zigomba gutuma intambara ihagarara cyangwa niba urugamba rusubukurwa bundi bushya.

Amerika ifite impungenge bitewe n’imiyooborere ya Iran. Bivugwa ko mu isesengura ryakozwe na Amerika, yasanze urwego rw’igisirikare rwa Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) hamwe n’abanyapolitiki b’iki gihugu, batumva kimwe uburyo iyi ntambara igomba kujya ku iherezo. Ibi bishingiye ko nta rwego rufite ububasha bwo gushyira umukono ku masezerano muri izi ebyiri.

Isesengura ryagaragaje ko ubutegetsi bwa Iran burimo gutandukana cyane, aho bamwe mu bayobozi b’igisirikare by’umwihariko IRGC bafite ijambo rikomeye kurusha inzego za politiki, bigatuma bigorana kumenya uwafata icyemezo cya nyuma ku biganiro n’amahanga.

Nubwo hari agahenge, Amerika ikomeje gushyira imbaraga mu gufunga ibyambu byose bya Iran. Ni ibintu Iran idakozwa, ikavuga ko nibikomeza gutyo, itazajya mu biganiro kandi yashyizwe ku munigo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments