Perezida wa Leta
Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yahaye Iran iminsi iri hagati y’itatu
n’itanu kugira ngo ibe yamaze kugera ku mwanzuro uhamye izashyikiriza
Washington mbere y’uko agahenge karangira.
Ibinyamakuru
bitandukanye byo muri Amerika bivuga ko yiteguye gutanga indi minsi itatu
kugeza kuri itanu y’agahenge kugira ngo Iran ibone umwanya wo kwisuganya no
gutegura neza icyo igomba gukora, niba yumvikana na Amerika ku ngingo zigomba
gutuma intambara ihagarara cyangwa niba urugamba rusubukurwa bundi bushya.
Amerika ifite impungenge bitewe n’imiyooborere ya Iran. Bivugwa
ko mu isesengura ryakozwe na Amerika, yasanze urwego rw’igisirikare rwa Iran,
Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC) hamwe n’abanyapolitiki b’iki gihugu,
batumva kimwe uburyo iyi ntambara igomba kujya ku iherezo. Ibi bishingiye ko
nta rwego rufite ububasha bwo gushyira umukono ku masezerano muri izi ebyiri.
Isesengura ryagaragaje ko ubutegetsi bwa Iran burimo gutandukana
cyane, aho bamwe mu bayobozi b’igisirikare by’umwihariko IRGC bafite ijambo
rikomeye kurusha inzego za politiki, bigatuma bigorana kumenya uwafata icyemezo
cya nyuma ku biganiro n’amahanga.
Nubwo hari agahenge, Amerika ikomeje gushyira imbaraga mu
gufunga ibyambu byose bya Iran. Ni ibintu Iran idakozwa, ikavuga ko nibikomeza
gutyo, itazajya mu biganiro kandi yashyizwe ku munigo.