• Amakuru / POLITIKI


Iran yahaye Leta Zunze Ubumwe za Amerika ingingo nshya 14 zikwiye kwitabwabo kugira ngo amasezerano yo kurangiza intambara agerweho.

Ni ingingo Perezida wa Amerika, Donald Trump, yagaragaje ko ari kwigaho, ariko bikazaba iby’ubusa Iran niyitwara nabi.

Muri izo ngingo harimo kurangiza intambara mu minsi 30, gushyiraho amasezerano mpuzamahanga azatuma iyi ntambara idashobora kongera kubaho, amasezerano ko Iran na Amerika bitazongera guterana ndetse ayo masezerano akaba arimo ibindi bihugu bifitanye umubano mwiza na Iran ndetse na Israel.

Harimo kandi gufungura inzira ya Hormuz, gufungura ibyambyu byose bya Iran byafunzwe na Amerika, no gukura ingabo za Amerika mu bihugu bikikije Iran.

Iran kandi yemeye ko izamara imyaka 15 idatunganya Uranium ikoreshwa mu ntwaro za nucléaire, ndetse ko nyuma y’iyo myaka izajya ikora Uranium iri ku rugero rwa 3,6%, na yo itazajya ijya mu bubiko ngo ibe nyinshi.

Ubusanzwe Iran yakoraga Uranium iri kurugero rurenga 60% ari na yo ikoreshwa mu ntwaro, ariko 3,6% ni urugero ruto cyane kuko ishobora gukoreshwa mu nganda nini gusa, ariko iyi ntiyakoreshwa mu bushakashatsi.

Harimo kandi ko nta ruganda rwa nucléaire rwa Iran ruzangizwa ndetse ko izajya isangiza amakuru y’imicungire ya Uranium izajya itunganya no kuyohereza mu bindi bihugu mu rwego rwo kutagira nyinshi ibitse muri Iran.

Iran isaba ko yakurirwaho ibihano nka kimwe mu bisubizo by’uko na yo izaba iretse gukora intwaro za nucléaire n’umutungo wayo wafatiriwe ukarekurwa.

Iran kandi yasabye kuzagirana ibiganiro n’ibihugu by’Abarabu bigamije kuzamura umutekano mu karere biherereyemo.

Izi ngingo zisimbura izindi 10 zari zatanzwe muri Mata 2026, gusa kuzumvikanaho bikagorana cyane kuko Iran yo ishaka ko habanza gusinywa amasezerano mu gihe Amerika yo ishaka ko hafungurwa inzira ya Hormuz mbere y’uko amasezerano agerwaho.

Hormuz ni inzira inyuzwamo 20% by’ibikomoka kuri peteroli ku Isi. Kuva iyi nzira yafungwa Iran yakunze kurasa ku bwato bwikoreye ibicuruzwa byavugwaga ko ari ubw’ibihugu by’inshuti za Amerika.

Buri kwezi hanyura ubwato 3000 ariko bwaragabanyutse cyane. Kimwe cya gatatu cy’ifumbire na cyo kinyuzwa muri iyi nzira. Inyuzwamo n’ibindi bicuruzwa birimo ibiribwa n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.

Kuva ku wa 28 Gashyantare intambara ya Iran itangiye kugeza ku wa 3 Werurwe 2026, yari imaze kugwamo Abanya-Iran 2076, hakomereka abandi 26.500.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments