Umusore w’imyaka 26 y’amavuko wo mu Karere ka Rwamagana, wari waburiwe irengero ku munsi w’ubukwe bwe, yongeye kuboneka ari muzima, anahita asubirana n’umukobwa bari bagiye kurushinga.
Uyu
musore yaburiwe irengero mu rukerera rwo ku wa 02 Gicurasi 2026, aho yari atuye
mu Kagari ka Bishenyi, mu Murenge wa Mwulire, mu Karere ka Rwamagana. Kubura
kwe kwabaye inkuru mu baturage, cyane ko byabaye ku munsi nyir’izina w’ubukwe
bwe.
Ubutumire
bw’ubukwe bwari bwaramaze gusohoka bwagaragazaga ko gusaba no gukwa byari
kubera mu nzu mberabyombi ya Regina Pacis Rambura, mu Karere ka Nyabihu, kuri
uwo munsi nyir’izina.
Abari
bagiye kumuherekeza batangaje ko mu ijoro ribanziriza ubukwe, imodoka zari kubatwara
zari zahageze ahagana Saa Cyenda z’ijoro. Gusa, bagerageje kumuhamagara kuri
telefone ntibyabakundira, ndetse n’igihe bageraga aho atuye ntibamubonye,
ibintu byateje impungenge.
Umunyamabanga
Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwulire, Rugengamanzi Steven, yemeje ko uwo
musore yongeye kuboneka ku gicamunsi cyo ku wa Mbere, ari muzima nta kibazo.
Yagize
ati: “Twabonye amakuru ko umusore wari waburiwe irengero yagarutse iwe aho
akodesha, yizanye kandi nta wamukubise cyangwa ngo amushimute.”
Yakomeje
avuga ko nyuma gato y’uko agarutse, umugeni we na we yahise ahagera, azanye
n’ibyo bari bateganyije mu gushyingiranwa ndetse n’abavandimwe bamuherekeje.
Ati:
“Ubu bari kumwe, umugore yazanye n’ibintu byose, ndetse bari mu myiteguro yo
gukomeza kubana nk’uko bari babitangiye.”
Rugengamanzi
yongeyeho ko nta kibazo kidasanzwe uwo musore afite, nk’uko amakuru bamaze
kubona abigaragaza.
Mbere
y’uko abura, bivugwa ko yari yabwiye umugeni we ko abona ubukwe bwabo burimo
imbogamizi zituruka ku bandi bantu, ari na yo mpamvu yafashe icyemezo cyo
kubuhagarika by’agateganyo akigendera.