Ingabo
za Iran zagabye ibitero mu muhora wa Hormuz, zirasa ubwato butandukanye ndetse
zinarasa hafi y’inkengero z’icyambu cya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), mu
kigaragara nk’igikorwa cyo kugaragaza ko zigifite ubushobozi bwo guhangana
n’ingabo za Amerika.
Ibi
bibaye nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zategetse ingabo zayo
zirwanira mu mazi gutangiza ibikorwa byo gufungura umuhora wa Hormuz, hagamijwe
gutuma ubwato bwongera kunyuramo neza.
Amakuru
aturuka mu nzego zitandukanye avuga ko Iran yarashe ubwato bwinshi bwari mu
muhanda w’inyanja wa Hormuz, nyuma y’uko ubuyobozi bwa Amerika butangije
igikorwa bwise ‘Project Freedom’, kigamije kurinda no kuyobora ubwato bwari
bwabuze inzira muri uwo muhora ku ruhande rwa Iran.
Mu
masaha ya mbere yo ku wa 04 Gicurasi 2026, nta bwato butwaye ibicuruzwa bwari
bwabashije kunyura muri uwo muhora, ibintu byakomeje kuzamura impungenge ku
isoko mpuzamahanga.
Ingabo
za Amerika zatangaje ko hari ubwato bubiri bwabashije kunyura muri Hormuz,
ariko Iran ihita ivuga ko ayo makuru ari ibinyoma.
Umuyobozi
w’ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati na we yavuze ko barashe
ubwato buto bwa Iran, gusa Tehran na yo yahakanye ayo makuru.
Ku
ruhande rwayo, Iran yasohoye ikarita yerekana ko igenzura ahantu hanini h’amazi
arenze umuhora wa Hormuz, harimo n’igice cy’amazi mpuzamahanga ndetse
n’inkengero za UAE.
Hagati
aho, Korea y’Epfo yatangaje ko imwe mu mato yayo atwara ibicuruzwa yarasiwe
muri Hormuz, mu gihe urwego rw’u Bwongereza rushinzwe umutekano wo mu mazi
rwemeje ko hari ubwato bubiri bwarasiwe hafi y’icyambu kiri ku ruhande rwa UAE.
Sosiyete
yo muri UAE icuruza ibikomoka kuri peteroli na yo yatangaje ko ubwato bwayo
butari butwaye ibintu bwagabweho igitero n’indege zitagira abapilote (drones)
za Iran.
Kugeza
ubu, umuhora wa Hormuz unyuramo hafi 20% by’ibikomoka kuri peteroli ikoreshwa
ku Isi uracyafunze, ibintu bishobora kugira ingaruka zikomeye ku bukungu
bw’Isi.
Like This Post? Related Posts