Perezida
wa Kenya, William Ruto, yongeye gusaba ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba
(EAC) gushyira imbaraga mu gushyira mu bikorwa byuzuye gahunda ya “One Network
Area” (ONA), igamije kugabanya ibiciro by’itumanaho no kunoza ihuzanzira mu
karere.
Yabitangaje
ku wa 04 Gicurasi 2026, mu nama y’ubucuruzi yahuje Kenya na Tanzania, yabereye
mu kigo mpuzamahanga cyitiriwe Julius Nyerere i Dar es Salaam.
Ruto
yashimangiye ko hakenewe guhuza burundu imikorere y’imiyoboro ya telefoni
zigendanwa mu karere, kugira ngo guhamagarana hagati y’ibihugu bihenduke.
Yagize
ati: “Niteguye kugirana ibiganiro byimbitse ku buryo twashyira mu bikorwa
byuzuye igitekerezo cya One Network Area.”
Yavuze
ko hari aho intambwe yamaze guterwa, aho guhamagara uvuye muri Kenya ujya muri
Uganda cyangwa mu Rwanda bimwe bifatwa nk’aho ari guhamagara imbere mu gihugu.
Ati:
“Nk’uko mubizi, guhamagara uvuye muri Kenya ujya muri Uganda no mu Rwanda, hari
aho bifatwa nk’aho ari guhamagara imbere mu gihugu.”
Icyakora,
yagaragaje ko hakiri imbogamizi, cyane cyane ku bijyanye na Tanzania, aho
guhamagara ho bikiri mu rwego mpuzamahanga.
Ati:
“Haracyari ikibazo; guhamagara muri Tanzania biracyafatwa nk’aho ari
mpuzamahanga. Mpuzamahanga ujya he?”
Perezida
Ruto yongeyeho ko hakenewe ubufatanye bwimbitse bw’ibihugu n’abafatanyabikorwa
kugira ngo habeho guhuza byuzuye imirongo y’itumanaho mu karere.
Gahunda
ya One Network Area y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangiye gushyirwa
mu bikorwa hagati ya 2014 na 2015, igamije gutuma abakoresha telefoni bishyura
nk’ibiciro by’imbere mu gihugu ku guhamagara, ubutumwa bugufi (SMS) na
internet, igihe bari mu bindi bihugu bigize uwo muryango.
Ibi
bihugu birimo Kenya, Uganda, u Rwanda, u Burundi, Sudani y’Epfo na Tanzania,
aho intego ari uko aka karere gafatwa nk’isoko rimwe ry’itumanaho, kandi
kwakira telefoni bikaba ubuntu.
Nubwo
bimeze bityo, hashize imyaka irenga icumi ishyirwa mu bikorwa ritaragerwaho ku
rwego rumwe, bitewe n’imbogamizi zitandukanye zirimo amategeko atandukanye
agenga itumanaho, imisoro, imiterere y’ibiciro ndetse n’ubushobozi butandukanye
bw’imiyoboro ya telefoni.
Hari
kandi imbogamizi zijyanye no kugenzura imiyoboro mpuzamahanga, ingamba
zitandukanye z’abakora itumanaho, kudahuza neza ingano y’itumanaho hagati
y’ibihugu, ndetse no gukoresha nabi serivisi zo gukoresha telefoni mu mahanga
igihe kirekire (permanent roaming).
Kugeza
ubu, hari ingamba zitandukanye zirimo gushyirwa mu bikorwa hagamijwe gukemura
ibyo bibazo. World Bank, binyuze mu mushinga wa Eastern Africa Regional Digital
Integration Project (EARDIP), iri gufasha mu gushyiraho umurongo ngenderwaho
uhuza ibiciro n’imikorere y’itumanaho mu karere.
Mu
byifuzo biri kuganirwaho harimo gushyiraho igipimo ntarengwa ku biciro bya
internet ikoreshwa mu gihe uri mu kindi gihugu (data roaming), kikagera kuri
$0.005 (hafi Frw 7) kuri megabyte, mu rwego rwo korohereza abaturage.
Mu
gihe EAC igihanganye n’izi mbogamizi, ahandi muri Afurika ho hari intambwe
igaragara. Ibihugu byo mu muryango wa SADC, birimo Botswana, Malawi, Lesotho,
Mozambique, Zambia na Zimbabwe, byamaze kugabanya ibiciro by’itumanaho ku
majwi, ubutumwa bugufi na internet.
Abasesenguzi
bavuga ko guhuza byuzuye itumanaho mu karere ka EAC byagabanya ibiciro byo
gukora ubucuruzi, bikorohereza abacuruzi bambukiranya imipaka, ndetse bikongera
ishoramari mu ikoranabuhanga.
Na
none kandi, Minisitiri w’Ikoranabuhanga muri Kenya, William Kabogo,
yashimangiye ko iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga rigomba kugera kuri
bose, anavuga ko kunoza itumanaho ari ingenzi mu kugeza serivisi nziza ku
baturage.
Like This Post? Related Posts