Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ibinyujije mu ishyaka riri ku butegetsi rya Union pour la Démocratie et le Progrès Social (UDPS), yasabye ubuyobozi bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika gufatira icyemezo gikomeye uwahoze ayobora iki gihugu, Joseph Kabila, cyo kumushyiriraho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi.
Aya
makuru yemejwe n’Umunyamabanga Mukuru wa UDPS, Augustin Kabuya, mu gikorwa
cyabereye i Kinshasa ku wa Mbere tariki ya 04 Gicurasi 2026, cyari kigamije
gushyigikira ibihano biherutse gufatirwa Kabila na Amerika.
Kabuya
yavuze ko ubu busabe bwatanzwe binyuze mu rwandiko UDPS yashyikirije Ambasade
ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Kinshasa, busaba ko Donald Trump yifashisha
ububasha bwe mu gutanga impapuro mpuzamahanga zo guta muri yombi Kabila.
Yagize
ati: “Mu myigaragambyo twateguye, ntitwashyigikiye gusa ibihano byafatiwe
Kabila, ahubwo twanasabye ubuyobozi bwa Amerika, by’umwihariko Perezida Trump,
gusuzuma uburyo hashyirwaho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi.”
Ku
wa 30 Mata 2026, Urwego rwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika rushinzwe kugenzura
imitungo y’abanyamahanga, Office of Foreign Assets Control, rwatangaje ibihano
rwafatiye Joseph Kabila, wamaze imyaka 18 ayobora RDC kuva mu 2001 kugeza mu
2019.
Ibi
bihano byaturutse ku birego by’uko Kabila yaba afitanye isano no gushyigikira
umutwe wa M23 ndetse n’ihuriro rya Alliance du fleuve Congo, byombi bivugwa mu
makimbirane amaze igihe mu Burasirazuba bwa Congo.
Gusa
Joseph Kabila yahakanye ibi birego byose, avuga ko ibihano yafatiwe bishingiye
ku byavuzwe na Leta ya Kinshasa bidafite ibimenyetso bifatika.
Iyi
dosiye ishobora kongera kuzamura ubushyamirane bwa politiki hagati y’impande
zitandukanye, mu gihe ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo gikomeje
gufata indi ntera.
Like This Post? Related Posts