Mu
mezi atatu ya mbere ya 2026, utubari two mu Bwongereza twakomeje gufunga ku
muvuduko uhangayikishije, aho hafi utubari tubiri twafungwaga buri munsi,
nk’uko imibare y’abakora muri uru rwego ibigaragaza.
Ishyirahamwe
ry’Inzoga n’Utubari mu Bwongereza (BBPA) ryatangaje ko hagati ya Mutarama na
Werurwe 2026, utubari 161 twafunze imiryango yabyo mu Bwongereza, Scotland na
Wales, bituma abantu bagera ku 2,400 bahomba akazi.
Ibi
byabaye nubwo mu ntangiriro z’uyu mwaka, Leta yari yatangaje ingamba zo
kugabanya imisoro ku bucuruzi, igabanya 15% ku tubari n’ahacurangirwa,
hagamijwe kuborohereza. Iyi gahunda yatangiye gushyirwa mu bikorwa mu kwezi
gushize.
Nubwo
bimeze bityo, BBPA ivuga ko izo ngamba zidahagije, isaba ko hajyaho impinduka
z’igihe kirekire zirimo ivugurura ryagutse ry’imisoro ku rwego rwose
rw’ubucuruzi bwo kwakira abakiriya (hospitality).
Ibi
bije bikurikira umwaka wa 2025, aho utubari 336 twafunzwe mu gihugu hose.
Umuyobozi
mukuru wa BBPA, Emma McClarkin, yavuze ko:
"Ifungwa ry’utu tubari ryakwirindwa, kuko ubucuruzi ubwabwo buracyafite
icyizere. Icyakora inyungu zabwo zirangizwa n’imisoro iremereye cyane ndetse
n’ibiciro bikomeje kuzamuka."
Mu
myaka ishize, utubari n’ibindi bigo byakira abakiriya mu Bwongereza byahuye
n’igitutu gikomeye, bitewe n’izamuka ry’imishahara y’abakozi, izamuka
ry’imisoro y’ubucuruzi, ndetse n’impinduka mu myitwarire y’abaguzi.
Ku
ruhande rwa Leta, umuvugizi wayo yatangaje ko hakomeje gushyirwa imbaraga mu
gufasha uru rwego, harimo kugabanya imisoro ku kigero cya 15% guhera muri Mata,
guhagarika izamuka ry’iyo misoro mu gihe cy’imyaka ibiri, kongera amasaha yo
gufungura mu gihe cy’Igikombe cy’Isi, ndetse no kongera miliyoni 10
z’amapawundi mu kigega kigamije guteza imbere ubucuruzi bwo kwakira abakiriya.
Like This Post? Related Posts