• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umugabo winjiye ku ngufu mu modoka akiba ibikoresho by'ikoranabuhanga byari bibitseho indirimbo za Beyoncé zitarasohoka, yakatiwe gufungwa imyaka ibiri.

Kelvin Evans, w’imyaka 41, yemeye icyaha ku birego birimo kwinjira mu modoka no kwinjira ahabujijwe mu mwaka ushize mu mujyi wa Atlanta, umurwa mukuru wa leta ya Georgia, muri Amerika. Umucamanza yamukatiye kandi indi myaka itatu azamara agenzurwa narangiza icyo gifungo.

Mu buryo uko bigaragara bwari butunguranye, Evans yinjiye ku ngufu mu modoka yo mu bwoko bwa Jeep Wagoneer yari yakodeshejwe n’umuhanga mu gutunganya imbyino ndetse akaba n’umubyinnyi wa Beyoncé, ku itariki ya 8 Nyakanga (ukwa 7) mu 2025, mu gihe urugendo rw’ibitaramo rwa Cowboy Carter rwari rugiye kugera i Atlanta.

Abo bombi bagarutse basanga ikirahure cy’inyuma cy’imodoka cyamenwe kandi imizigo yabo yibwe. Abashinzwe iperereza ntibarabona izo 'hard drives' cyangwa ibindi bintu byibwe.

Evans yemeye amasezerano mu rukiko ku wa Kabiri mbere y’uko urubanza rutangira muri iki cyumweru, nk’uko ibiro by’umushinjacyaha w’akarere Fulton byabibwiye BBC.

Umunyamategeko we yabwiye umucamanza ko umukiriya we “yizeye kuzagira ejo hazaza aho azagira amafaranga mu buryo bwemewe kandi akabaho nka twe twese muri sosiyete.”

Gutoranya abagize inteko iburanisha byatangiye ku wa mbere, maze ubushinjacyaha bwerekana amashusho ya 'camera' z’umutekano agaragaza imodoka itukura yo mu bwoko bwa Hyundai yari itwawe na Evans ihagarara iruhande rw’imodoka yakodeshejwe muri parikingi (parking) yo ku igaraje.

Andi mashusho yerekanye iyo Hyundai itukura igeze ku nyubako y’amacumbi, Evans agaragara afata amavalisi bikekwa ko yari ay’utegura imbyino wa Beyoncé, Christopher Grant, ndetse n’umubyinnyi Diandre Blue.

Grant na Blue babwiye polisi ko ibintu byibwe muri iyo modoka harimo mudasobwa ebyiri za MacBook, écouteurs za Apple, imyenda n’ibindi bikoresho by’agaciro, ndetse na hard drives zari zibitseho ibihangano bya Beyoncé bitarasohoka, nk’uko abashinzwe iperereza babivuze.

Grant yavuze kandi ko yari afite “amakuru bwite kandi y’ibanga” ya Beyoncé.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mudasobwa zibwe zari zifite uburyo bwo kuzikurikirana, bwagaragaje ko zari ziri ahantu hagaragara muri ayo mashusho ya kabiri.

Mu rwego rw’igihano cye, Evans yategetswe kutegera abahohotewe ndetse n’aho imodoka yibwe yari ihagaze.

Yafunzwe kuva muri Kanama (8) mu mwaka ushize.

Uku kwinjira mu modoka kwabaye mbere gato y’uko Beyoncé atangiza ibitaramo bine bya Cowboy Carter Tour ku kibuga cyitwa Mercedes-Benz Stadium.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments