• Imyidagaduro / ABAHANZI

 

Umuhanzi Joeboy uri  mu bakunzwe muri  iyi  minsi  muri Nigeria cy’ihangana rikabije riri  gutuma ubufatanye hagati y’abahanzi benshi bo muri Nigeria butagenda neza nk’uko byakabaye.

Joeboy yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na radiyo Cool FM Lagos ari kumwe n’umuhanzi mugenzi we Wizard Chan, aho bombi bagarutse ku bibazo bikunze kuvuka mu gihe abahanzi bagiye gukorana indirimbo.

Mu magambo ye, Joeboy yavuze ko hari abahanzi bamwe bajya mu bikorwa byo gukorana indirimbo bafite intekerezo zo gushaka kurusha abo bakoranye aho gushyira imbere ubwiza bw’indirimbo.

Yavuze ko ari yo mpamvu akunda gukorana n’abahanzi basanzwe bafitanye umubano mwiza cyangwa ubucuti, kuko bituma nta makimbirane cyangwa irushanwa ry’imbere mu mutima ribamo.

Yagize ati:“Biranyorohera gukorana n’abahanzi dusanzwe twumvikana cyangwa turi inshuti. Kuko nta hangana riba riri hagati yacu . Njye iyo dufatanyije indirimbo mba nifuza ko wayirusha imbaraga. Ni yo mpamvu mba naguhisemo. Sinumva impamvu yo kubigira irushanwa.”

Aya magambo agaragaza uburyo bamwe mu bahanzi batangira imikoranire bafite ubwoba bwo kurushwa cyangwa gutakaza umwanya bafite mu muziki.

Ku ruhande rwa Wizard Chan, yavuze ko ikibazo gikomeye ahura na cyo mu collaborations ari ego y’abahanzi bamwe bashaka kugenzura uburyo abandi bakora.

Yagize ati:“Ikibazo cyanjye muri mikoraninire  iteje ikibazo . Sinigeze njya kubangamira umuntu uri muri studio akora  indirimbo ye , na we akwiye kubikora gutyo.

Hari abahanzi bagusaba collaboration hanyuma bakakubwira uko ugomba gukora akazi kawe. Ibyo si byo. Mureke nkore ibintu byanjye.”

Yakomeje avuga ko impamvu umuntu afata undi muhanzi kuri indirimbo ari uko hari ikintu cyihariye uwo muhanzi ashobora kongeramo kitari gusohoka neza iyo aba ari wenyine.

Joeboy yavuze ko imikoranire iba  igamije kuzana uburyo bushya cyangwa indi uburyohe ku ndirimbo, aho kuba uburyo bwo guhangana hagati y’abahanzi.

Yavuze ko hari bamwe bajya bahindura ibitero zabo nyuma yo kumva iz’uwo bakoranye na we, cyane cyane iyo bumvise ko uwo mugenzi we yakoze neza kubarusha.

Yagize ati: “Impamvu nakorana n’umuntu ni uko hari ibyo akora njye ntashobora gukora. Sinanashobora kumubwira ngo abe ari njye asa na we cyangwa akore nkibyo  nkora .

 

Imikoranire kuri njye igamije kuzana indi ubundi buryo  ku ndirimbo. Si uguhangana . Ariko hari abahanzi bamwe bajya no guhindura ibitero byabo iyo bumvise iz’uwo bakoranye na we ari nziza kubarusha.”

Aya magambo aje mu gihe umuziki wa Afrobeats ukomeje kugenda wamamara cyane ku rwego mpuzamahanga.

Aho Abahanzi bo muri Nigeria nka Davido ,Wizkid ,Burna Boy .Tems  bakomeje kuzuza ibitaramo bikomeye no gutsindira ibihembo mpuzamahanga.

Ariko uko uru ruganda rugenda rukura, ni na ko irushanwa hagati y’abahanzi rikomeje kwiyongera, cyane cyane .

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments