• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Leta ya Nigeria yatangaje ko abaturage b’Rwanda bemerewe kujya muri icyo gihugu bakahamara iminsi igera kuri 30 badafite Viza, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Ibi byatangajwe n’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Nigeria ku wa 15 Gicurasi 2026, ruvuga ko icyo cyemezo cyafashwe hashingiwe ku mabwiriza ya Perezida Bola Ahmed Tinubu ndetse no ku masezerano y’ubufatanye hagati ya Nigeria n’u Rwanda.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara, uru rwego rwagaragaje ko Abanyarwanda bemerewe kwinjira muri Nigeria nta Viza bafite igihe cyose uruzinduko rwabo rutarengeje iminsi 30 kandi rugamije ibikorwa byemewe n’amategeko birimo ubukerarugendo, ubucuruzi cyangwa inshingano za Leta.

Nigeria yasobanuye ko iki cyemezo gifite ishingiro mu mubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi, ndetse ko cyafashwe no mu rwego rwo gusubiza icyizere n’ubworoherane u Rwanda rusanzwe ruha Abanya-Nigeria binjira ku butaka bwarwo badafite Viza.

Abanyarwanda bazifuza kurenza iminsi 30 muri Nigeria bo bazajya basabwa gusaba Viza binyuze kuri Ambasade ya Nigeria cyangwa bakifashisha uburyo bw’ikoranabuhanga bwa e-Visa.

Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Nigeria rwavuze ko gahunda nk’iyi igamije gukomeza guteza imbere ubuhahirane hagati y’ibihugu bya Afurika, koroshya ingendo z’abaturage no guteza imbere ubukerarugendo n’ishoramari.

Iki cyemezo kije gikurikira ibiganiro biherutse guhuza Perezida Paul Kagame n’uwa Nigeria, Bola Tinubu, wari i Kigali muri iki cyumweru yitabiriye Africa CEO Forum.

Muri ibyo biganiro, abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku buryo bwo kurushaho gushimangira umubano n’ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubucuruzi, ingufu, ishoramari ndetse n’ubufatanye mu bya gisirikare.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments