• Amakuru / MU-RWANDA


Dr. Kayumba Christopher, wahoze ari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse akaba n’umushakashatsi, yavuze ko Ingabo z’u Rwanda (RDF) zikwiye gushimirwa no guhabwa Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel kubera uruhare rwazo mu kugarura amahoro n’umutekano, aho kuba izo guhanishwa ibihano mpuzamahanga.

Ibi yabigarutseho mu nyandiko yasohotse mu kinyamakuru The New Times, nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ku wa 02 Werurwe 2026, zifatiye ibihano bamwe mu bayobozi bakuru ba RDF n’izo ngabo ubwazo, zibashinja kugira uruhare mu gushyigikira umutwe wa AFC/M23 no kutubahiriza amasezerano ya Washington hagati y’u Rwanda na RDC.

Dr. Kayumba yavuze ko ibisanzwe ibihano nk’ibi bifatirwa imitwe y’iterabwoba cyangwa ingabo zishinjwa ihohoterwa rikomeye ry’uburenganzira bwa muntu, bityo ko gufatira RDF ibihano ari uburyo bwo kugerageza gusebya no gutesha agaciro ibikorwa byayo by’indashyikirwa.

Yagize ati:“Umuntu wese usesengura amateka, imyitwarire n’imikorere ya RDF mu buryo butabogamye, ashobora kubona ko izi ngabo zikwiye icyubahiro gikomeye kubera uruhare rwazo mu kubaka amahoro no kurinda ubuzima bw’abaturage.”

Mu byo ashingiraho, Dr. Kayumba yagaragaje uruhare rwa RPA/RDF mu guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gutsinda ubutegetsi bwari buyoboye Jenoside. Yavuze ko iyo izo ngabo zitaza gutabara igihugu, u Rwanda rwari kuba rwarasenyutse burundu.

Yagize ati:“Guhagarika Jenoside ni kimwe mu bikorwa bikomeye byabayeho mu mateka y’Isi. Iyo RPA itaza kuyihagarika, igihugu cyari kurimbuka burundu.”

Nyuma ya Jenoside, yavuze ko RDF yagize uruhare runini mu kongera kubaka igihugu cyari cyarashegeshwe. Yibukije ko abasirikare bayo bifatanyije n’abaturage mu gusana ibikorwa remezo, gutanga ubuvuzi, kugarura ubuyobozi no gufasha abaturage kongera kubaho mu mutekano.

Yanashimye icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa RPA cyo gukumira ibikorwa byo kwihorera nyuma ya Jenoside, avuga ko cyagaragaje ubunyamwuga n’indangagaciro zaranze izi ngabo kuva icyo gihe.

Dr. Kayumba yavuze kandi ko RDF yagize uruhare rukomeye mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda, aho abasirikare bahoze mu ngabo za FAR binjijwe mu gisirikare gishya hagamijwe kubaka ingabo zihagarariye Abanyarwanda bose.

Ku rwego rw’akarere, yagaragaje ko u Rwanda rufite impamvu zifatika zo kurwanya umutwe wa FDLR ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera amateka yawo ya Jenoside n’ibikorwa bihungabanya umutekano byagiye bikorwa ku Rwanda.

Yagize ati:“Nta usesengura ibintu mu buryo buboneye wahakana ko u Rwanda rufite uburenganzira bwo kurinda umutekano warwo no guhangana n’imitwe irushotora.”

Yakomeje avuga ko RDF yabaye “ingabo za ntibizongere” mu kurinda igihugu no gukumira ko amateka mabi yasubira.

Dr. Kayumba yanagarutse ku ruhare rwa RDF ku rwego mpuzamahanga, avuga ko yabaye “igisirikare cya Afurika” binyuze mu butumwa bwo kubungabunga amahoro no gufasha ibihugu byugarijwe n’imitwe y’iterabwoba.

Yatanze urugero rwa Mozambique na Repubulika ya Centrafrique, aho RDF yafashije mu kugarura umutekano no guhugura ingabo z’ibyo bihugu. Yibukije kandi ko u Rwanda ruri mu bihugu bitanga abasirikare benshi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro.

Mu gusoza, Dr. Kayumba yavuze ko amateka, imyitwarire n’ibikorwa bya RDF bidashobora gusibanganywa n’ibihano ibyo ari byo byose.

Yagize ati:“Inkuru nyayo ya RDF ni iy’ubutwari, ubunyamwuga, indangagaciro, gukunda igihugu no kwitangira amahoro n’umutekano by’abaturage.”

Murirusange, Dr. Kayumba Christopher asanga RDF atari igisirikare gikwiye guhanwa, ahubwo ari urugero rw’ingabo zagize uruhare rukomeye mu guhagarika Jenoside, kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda no guteza imbere amahoro haba mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga. Yemeza ko ibikorwa byayo mu kurinda abaturage, guhangana n’imitwe y’iterabwoba no kwitabira ubutumwa bwo kubungabunga amahoro ari byo bikwiye kwibukwa no guhabwa agaciro, aho guteshwa agaciro n’ibihano bya politiki.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments