Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Uwimana Consolée, yagaragaje ko kujyana ibibazo by’umuryango ku mbuga nkoranyambaga bishobora kuwuhungabanya no kugira ingaruka mbi ku bawugize, ashimangira ko umuryango ari wo shingiro ry’Igihugu.
Yabitangaje
kuri uyu wa Gatanu, tariki 15 Gicurasi 2026, mu gikorwa cyo kwizihiza Umunsi
Mpuzamahanga w’Imiryango, wahujwe n’inama nyunguranabitekerezo ku kubaka
umuryango ushoboye. Iyo nama yitabiriwe n’inzego zitandukanye zifite mu
nshingano guteza imbere imibereho myiza y’umuryango nyarwanda.
Minisitiri
Uwimana yavuze ko uwo munsi ari umwanya wo kurebera hamwe ibyagezweho ndetse
n’ibibazo bikibangamiye imiryango, anasaba Abanyarwanda kurushaho gusigasira
umuryango no guha abana uburere bushingiye ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda,
cyane cyane muri iki gihe ikoranabuhanga rikomeje kwinjira mu mibereho ya buri
munsi.
Yagize
ati:“Kwizihiza uyu munsi ni umwanya wo kwishimira ibyagezweho no gushakira
ibisubizo ibibazo bitwugarije. Umuryango ukwiye gukemuriramo ibibazo binyuze mu
biganiro by’abawugize, aho kubijyana ku mbuga nkoranyambaga mu buryo bushobora
kuwuhungabanya.”
Yakomeje
ashimangira ko ibibazo by’imiryango bishyirwa ku karubanda bishobora kugira
ingaruka ku bana ndetse no ku isura y’umuryango muri rusange.
Abaturage bavuga iki?
Bamwe
mu bitabiriye iyi nama bagaragaje ko impamvu nyamukuru ituma abantu benshi
bahitamo kuvugira ibibazo byabo ku mbuga nkoranyambaga ari uko hari
abirengagiza inama n’ubunararibonye by’abakuru.
Umwe
muri bo, Elie Mugabo Shema, yavuze ko kubaka umuryango bikwiye gushingira ku
nama z’abari mu zabukuru bafite uburambe mu buzima bw’ingo.
Yagize
ati:“Twirengagiza inama z’abadusize, nyamara bafite ubunararibonye bwo
kudufasha kwirinda amakosa bamwe banyuzemo. Kubagisha inama byafasha imiryango
myinshi gukemura ibibazo itaragera mu ruhame.”
Na
none kandi, umubyeyi Gahingayire Marie Grace yagaragaje ko ababyeyi bakwiye
gutekereza ku ngaruka ibanga ry’umuryango rishyirwa ku karubanda rishobora
kugira ku bana babo mu gihe kizaza.
Ati:“Mbere
yo gushyira ikibazo cy’umuryango ku mbuga nkoranyambaga, umuntu akwiye kwibaza
uko abana bazabyakira nibakura bagasanga amateka mabi y’umuryango wabo yarabaye
iciro ry’imigani.”
Ibibazo bikibangamiye umuryango
Ubushakashatsi
bwa RGB bwo mu 2025 bugaragaza ko hakiri ibibazo byinshi bibangamiye ituze
ry’imiryango. Muri byo harimo:
Minisitiri
yavuze ko ibyo bibazo bishobora guteza ingaruka zirimo abana bajya mu muhanda,
guta ishuri, gukora imirimo ivunanye, imirire mibi, inda ziterwa abangavu
ndetse no gusenyuka kw’imiryango.
Imibare
ya RGB kandi igaragaza ko mu mwaka wa 2025, imiryango 4,479 yatandukanye, aho
2,629 muri yo yahawe gatanya n’inkiko.
Umunsi Mpuzamahanga w’Imiryango washyizweho naUN mu 1993, utangira kwizihizwa bwa mbere tariki ya 15 Gicurasi 1994. Uyu mwaka, u Rwanda rwawizihije ku nsanganyamatsiko igira iti: “Ibiganiro byiza; ireme ry’umuryango.”
Like This Post? Related Posts