• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Vladimir Putin Perezida w’u Russia yageze i Beijing ku mugoroba wo ku wa Kabiri aho agiye guhura na mugenzi we w’u China Xi Jinping, hashize igihe kitageze ku cyumweru Donald Trump nawe agiriye uruzinduko mu Bushinwa.

Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Kremlin, byatangaje ko nta sano iri hagati y’uruzinduko rwa Donald Trump n’urwo Vladimir Putin agiye  kuhagirira .

Uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya rubaye mu gihe u Bushinwa bukomeje gushaka gukomeza umubano uhamye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko nanone bukarinda umubano wa hafi busanzwe bufitanye n’u Burusiya.

Ku mugaragaro, uru ruzinduko rwa Vladimir Putin ruhuriranye no kwizihiza imyaka 25 ishize u Burusiya n’u Bushinwa bishyize umukono ku masezerano y’ubucuti n’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.

Ariko Kremlin yatangaje ko uru ruzinduko ruzaba n’umwanya wo “gusangira ibitekerezo ku mubano” hagati ya Beijing na Washington.

Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’u Burusiya, Vladimir Putin na Xi Jinping biteganyijwe ko baza kuganira ku bibazo bikomeye bireba isi ndetse n’akarere.

Ibiganiro byabo biteganyijwe kandi gushimangira ubufatanye bw’ingenzi hagati ya Beijing na Moscow.

Kuva u Burusiya bwatangira intambara muri Ukraine mu mwaka wa 2022, ndetse n’ibihano bwafatiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Burayi, u Bushinwa bwakomeje umubano wabwo w’ubucuruzi n’u Burusiya, ndetse buba umufatanyabikorwa wabwo wa mbere mu bukungu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments