Polisi y’u Rwanda yatangaje ko
yafashe abantu 73 bo mu Karere ka Kayonza bakekwaho ibikorwa binyuranyije
n’amategeko, birimo guteka no gucuruza Kanyanga ndetse no gucukura amabuye
y’agaciro mu buryo butemewe, hifashishijwe ikoranabuhanga rya drone.
Ibi bikorwa byamaze iminsi itatu,
kuva ku Cyumweru kugeza ku wa Kabiri, tariki ya 19 Gicurasi 2026, bikorerwa mu mirenge ya Rwinkwavu,
Nyamirama na Rukara, imwe mu yakunze kuvugwamo ibibazo by’umutekano muke
n’urugomo bifitanye isano n’ibiyobyabwenge ndetse n’ubucukuzi bw’amabuye butemewe.
Mu bafashwe harimo abantu 30 bazwi
nk’“Imparata”, bakekwaho gucukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije
n’amategeko. Muri bo, 18 bafatiwe mu Murenge wa Rwinkwavu naho 12 bafatirwa mu
Murenge wa Rukara.
Hafashwe kandi abantu 43 bakekwaho
guteka no gucuruza Kanyanga, barimo 35 bo mu Murenge wa Nyamirama n’abandi
umunani bo muri Rwinkwavu.
Polisi yanatangaje ko yafashe litiro
43 za Kanyanga ndetse na litiro 3.600 z’inzoga zitemewe zizwi nka “Magwingi”,
zahise zimenwa.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu
Ntara y’Iburasirazuba, Hamdun Twizeyimana,
yavuze ko gukoresha drone biri gutanga umusaruro ufatika mu gukumira no gufata
abakora ibyaha.
Yagize ati: “Ikoranabuhanga rya drone rituma
tugera kure kandi tukabona ahantu hanini hashobora gukorerwa ibyaha. Turimo
kurikoresha cyane kandi riri kudufasha mu buryo bugaragara.”
Yakomeje asaba abaturage kureka
ibikorwa byo guteka no gucuruza inzoga zitemewe, avuga ko ziri mu biyobyabwenge
byangiza ubuzima ndetse bihanwa n’amategeko.
Ati: “Izi nzoga ziri ku rutonde rwa
Minisiteri y’Ubuzima rw’ibiyobyabwenge byoroheje kandi zigira ingaruka zikomeye
ku buzima bw’abazinywa. Abazikora cyangwa abazicuruza bakwiye kubireka.”
Polisi yavuze ko hari bamwe mu
baturage bagiye bazana ibikoresho bakoreshaga bateka Kanyanga, basaba imbabazi
ndetse biyemeza kubireka burundu.
Umwe muri bo, Hakizimana Patrick,
yavuze ko yafashe uwo mwanzuro nyuma y’uko umugore we yatawe muri yombi azira
Kanyanga.
Ati: “Batwigishije ko guteka Kanyanga
ari nko kugambanira igihugu. Sinshaka gukomeza muri ibyo bikorwa.”
Undi witwa Ukwidukunda Rachel yavuze
ko yahisemo kubireka nyuma y’uko umugabo we afashwe ajyanye Kanyanga
kuyigurisha, agakatirwa imyaka itatu y’igifungo.
Ati: “Nabonye nta nyungu zirimo. Sinshaka ko abana banjye bakura nabi cyangwa baba imfubyi nkiriho.”
abaturage bavuga ko ubucukuzi
bw’amabuye y’agaciro mu buryo butemewe buteza ibibazo bikomeye birimo umutekano
muke, kwangiza ibidukikije ndetse n’impanuka zihitana ubuzima bw’abantu.
Uwiragiye Manasseh, umwe mu baturage
bo mu Murenge wa Rukara, yavuze ko bishimiye ikoreshwa rya drone mu kurwanya abo
bacukuzi.
Ati: “Iyo bavuye mu birombe bateza
umutekano muke cyane. Hari n’abangiza imyaka n’amashyamba y’abaturage.”
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Kayonza, Fred Hategekimana, yavuze ko ubuyobozi bwakoze
ubukangurambaga bwinshi bwo kurwanya ibiyobyabwenge n’ubucukuzi butemewe, asaba
abaturage kwitabira ibikorwa byemewe n’amategeko bibateza imbere.
Like This Post? Related Posts