• Amakuru / POLITIKI


Guy Kabombo Muadiamvita, Visi Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yerekeje i Bujumbura nyuma y’ijoro rye rya mbere mu Mujyi wa Uvira, aho yari mu ruzinduko rw’akazi mu Burasirazuba bwa Congo.

Uru ruzinduko rubaye mu gihe mu bice bimwe bya Kivu y’amajyepfo hakomeje kuvugwa imirwano ya hato na hato ndetse n’ibibazo by’umutekano muke bikomeje guhangayikisha ubuyobozi bw’akarere.

Biteganyijwe ko Guy Kabombo aza kugirana ibiganiro na mugenzi we w’u Burundi, Marie Chantal Nijimbere, ku bufatanye bwa gisirikare hagati y’ibihugu byombi ndetse n’uburyo bwo gukomeza guhangana n’ibibazo by’umutekano biri mu karere.

Amakuru aturuka muri izi nzego agaragaza ko ibiganiro bizibanda cyane ku mikoranire y’Ingabo z’u Burundi n’iza RDC mu bikorwa byo kurwanya imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa Congo.

Biteganyijwe kandi ko impuguke za gisirikare zo ku mpande zombi zizakora isuzuma ry’ubufatanye busanzweho, harebwa uburyo bwo kurushaho kubushimangira no kunoza ibikorwa by’ingabo z’ibihugu byombi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments