Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Iran byageze ku masezerano y'ibanze agamije guhagarika intambara yari imaze amezi iteza umwuka mubi mu Burasirazuba bwo Hagati, nk'uko byatangajwe na Perezida Donald Trump ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Pakistan, Shehbaz Sharif, wagize uruhare rukomeye mu buhuza.
Aya masezerano ateganya ihagarikwa ry’ibikorwa bya gisirikare ku mpande zose z’intambara, harimo n’imirwano yabaga muri Libani hagati ya Israel n’umutwe wa Hezbollah. Iran yatangaje ko ibikorwa bya gisirikare bizahagarara burundu guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.
Kimwe mu by'ingenzi byumvikanyweho ni ugufungura umuhora wa Hormuz, inzira y'ingenzi inyuramo igice kinini cya peteroli yoherezwa ku isi. Perezida Trump yavuze ko uwo muhora uzongera gufungurwa ku mugaragaro, ndetse n’inzitizi Amerika yari yarashyize ku byambu bya Iran zikavanwaho.
Isoko mpuzamahanga ryahise ryakira neza aya makuru, aho ibiciro bya peteroli byagabanutse ku rwego rugaragara kubera icyizere cy'uko ubucuruzi bw'ingufu buzongera kugenda neza.
Nubwo impande zombi zageze ku bwumvikane ku guhagarika intambara, ikibazo cya gahunda ya Iran ya nikleyeri kiracyari ku meza y'ibiganiro. Mu masezerano y'ibanze, Iran yemeye kudakora cyangwa ngo ibone intwaro za nikleyeri, mu gihe ibiganiro birambuye kuri iki kibazo bizakomeza mu gihe cy'iminsi 60 iri imbere.
Amakuru kandi avuga ko Amerika ishobora kurekura miliyari 25 z'amadolari ya Iran zari zarafunzwe no korohereza Iran mu bucuruzi bwa peteroli mu rwego rwo gushyigikira aya masezerano mashya.
Biteganyijwe ko aya masezerano azashyirwaho umukono ku mugaragaro ku wa Gatanu, tariki ya 19 Kamena 2026, mu Busuwisi, ibintu bifatwa nk'intambwe ikomeye mu kugarura amahoro n'umutekano mu karere kari kamaze igihe karangwa n'intambara n'amakimbirane.