Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda akaba n’Umuyobozi wa Patriotic League of Uganda, Muhoozi Kainerugaba, yakoze impinduka zikomeye mu buyobozi bw’uyu muryango wa politiki, zirimo gukura Frank Gashumba ku mwanya wa Visi Perezida wa PLU mu karere ka Buganda.
Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 15 Kamena 2026, Gen
Muhoozi yasimbuje Gashumba na Kiryowa Kiwanuka,
umwe mu banyamategeko bakomeye muri Uganda ndetse wanabaye Intumwa Nkuru ya
Leta mu gihe cya manda iheruka ya Perezida Yoweri
Museveni.
Izi
mpinduka ntizagarukiye kuri Gashumba gusa. Gen Muhoozi yanakuye David Kabanda Ntyazo ku mwanya w’Umunyamabanga
Mukuru wa PLU, awusimbuza Fadil Twalla.
Nubwo Kabanda yakuwe kuri uwo mwanya, yakomeje kugirwa umwe mu bagize Komite
Nkuru ya PLU.
Hari
kandi abandi bayobozi batandukanye bahinduriwe inshingano cyangwa bakurwa mu
myanya bari basanzwe barimo, ibintu byafashwe nk’ikorwa ryo kongera kuvugurura no
gukomeza gushyira ku murongo imikorere y’uyu muryango wa politiki umaze igihe
uvugisha benshi muri Uganda.
Mu
kiganiro Entugga gitambuka kuri Radio4,
Frank Gashumba yavuze ko yakiriye izi mpinduka nta kibazo, ndetse agaragaza ko
yumva aruhutse nyuma yo gukurwa kuri uwo mwanya.
Yasobanuye
ko inshingano yari afite muri PLU zari zimaze kumubera umutwaro ndetse ko ubu
agiye kongera gukora ibintu byinshi atabashaga gukora kubera inshingano za
politiki yari afite.
Ku
ruhande rwa David Kabanda, yavuze ko yari yarasabye ubwe gusimburwa, agaragaza
ko hari abantu bamwe batamwishimiraga kubera uburyo yakoragamo akazi no kuba
hari ibyo yababuzaga kugeraho.
Izi
mpinduka zije mu gihe hari hamaze iminsi havugwa umwuka utari mwiza hagati ya
Gen Muhoozi na Frank Gashumba, nyuma y’amagambo Gashumba aherutse gutangaza
avuga ko hashobora kuvuka umutwe umeze nka M23
muri Uganda mu gihe ikibazo cy’Abanyarwanda bavuga ko bafite ibibazo muri icyo
gihugu cyakomeza kwirengagizwa.
Aya
magambo yateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga no muri politiki ya Uganda,
aho bamwe bayafashe nk’ubutumwa bukomeye bushobora kugira ingaruka ku mutekano
w’igihugu.
Nyuma y’ayo magambo, Gen Muhoozi yari yatangaje ko icyo kibazo
kizaganirwaho hagati yabo bombi, ibintu byari byatangiye gutuma hibazwa niba
umubano wa hafi wari usanzwe hagati yabo wari ugikomeye nk’uko byahoze mbere.