• Amakuru / POLITIKI


Abanyapolitiki bo mu karere hamwe n’abaharanira impinduka bifatanyije n’ibihumbi by’abigaragambyaga i Bruxelles ku Cyumweru, mu myigaragambyo yo kwamagana kongera igisirikare cy’u Burayi, izamuka ry’ingengo y’imari igenewe ubwirinzi, ndetse n’igenamigambi rya NATO ryo kongera intwaro.

Amashusho yagaragaje abigaragambya bafite amabendera n’amaplakadi yanditseho amagambo nka: “Niba ushaka isi nshya, kuraho sisitemu y’intwaro”, “Oya ku gisirikare gikabije. Oya kuri NATO” na “Shyira amafaranga mu mibereho myiza aho kuyashyira mu ntambara!”

Ludo de Brabander, umuvugizi w’umuryango VREDE VZW, yagize ati:
“Ku isi yose, hejuru ya kimwe cya kabiri cy’amafaranga akoreshwa mu gisirikare ajya kuri NATO. Sintekereza ko dukwiye kuyongera kabiri. Ibi bizateza isiganwa rishya ry’intwaro.”

Marc Botenga, umwe mu bagize Ishyaka ry’Abakozi mu Bubiligi, yasobanuye ko iyo myigaragambyo igamije kwamagana izamuka ry’ingengo y’imari ya gisirikare.

“Duhari uyu munsi kugira ngo tuvuge oya ku gisirikare gikabije, oya ku kuba barimo gusenya sisitemu y’ubuzima, ibitaro byacu, amashuri yacu, za kaminuza, uburenganzira bwacu bwose na serivisi za rubanda, mu gihe ayo mafaranga yoherezwa mu ntambara,”.

Nabil Boukili, na we wo mu Ishyaka ry’Abakozi mu Bubiligi, yasabye ko hakwifashishwa dipolomasi aho kohereza inkunga ya gisirikare muri Ukraine.

“Ibihugu by’u Burayi biri kugira uruhare muri iyi ntambara, birayikomeza binyuze mu kohereza intwaro. Twatangiye tubwirwa ko hakwiye koherezwa intwaro nyinshi zishoboka kugira ngo intambara irangire vuba. Ubu hashize imyaka ine.”

Iyo myigaragambyo ibaye mu gihe ibihugu byinshi by’u Burayi bikomeje kongera ingengo y’imari n’ishoramari mu gisirikare. Icyakora, ibihugu bya NATO byo mu Burayi byamaze kuzamura ingengo y’imari y’ubwirinzi igera hejuru ya 2% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (GDP), kandi bigamije kuyizamura ikagera kuri 5% by’umusaruro wabyo w’ubukungu bitarenze 2035.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments