• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Uwahoze ari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Khamenei, wayoboye igihugu mu gihe cy’imyaka hafi 37 mbere yo kugwa mu bitero by’indege bya Israel na Amerika ku wa 28 Gashyantare 2026, azashyingurwa ku wa 9 Nyakanga nk'uko byatangajwe na televiziyo ya Leta ya Iran.

Azashyingurwa mu mujyi mutagatifu wa Mashhad, aho yavukiye, uherereye mu majyaruguru y'uburasirazuba bwa Iran. Uyu muhango wari warateganyijwe muri Werurwe, ariko uza gusubikwa kubera intambara n'ibibazo by'umutekano byari byugarije igihugu.

Mbere y'ishyingurwa rye, hazaba iminsi itatu y'icyunamo n'imihango yo kumusezeraho i Tehran guhera ku wa 4 Nyakanga. Nyuma yaho, ku wa 7 Nyakanga, hazabera undi muhango wo kumwibuka mu mujyi mutagatifu wa Qom.

Biteye amatsiko kuba itariki ya 4 Nyakanga, izatangiriraho icyunamo cy'igihugu muri Iran, ihura n'Umunsi w'Ubwigenge bwa United States, uyu mwaka ukaba uzaba ari isabukuru y'imyaka 250 iki gihugu kimaze cyigenga.

Nyuma y'urupfu rwa Ali Khamenei, umuhungu we Mojtaba Khamenei yasimbuye se ku mwanya w'Umuyobozi w'Ikirenga wa Iran mu ntangiriro za Werurwe 2026, aba umuntu wa gatatu uyoboye Iran kuri uwo mwanya kuva hashyirwaho Repubulika ya Kisilamu mu 1979.

Amakuru atangazwa n'ubutegetsi bwa Iran avuga ko Mojtaba Khamenei yakomerekeye mu bitero byahitanye se ndetse n'abandi bayobozi bakuru benshi. Kuva yatorwa ngo amusimbure, ntabwo arongera kugaragara mu ruhame, ahubwo ubutumwa bwe bukomeje gutangazwa binyuze mu itangazo ryanditswe cyangwa rivugwa mu izina rye.

Ishyingurwa rya Ali Khamenei ritegerejwe n'abantu benshi ku isi kubera uruhare yagize muri politiki ya Iran no mu bibazo by'umutekano byo mu Burasirazuba bwo Hagati mu gihe yamaze ku butegetsi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments