• Amakuru / MU-RWANDA

Guverinoma y’Afurika y’epfo yatangaje ko yacyuye abanyamahanga 2,745 mu cyumweru kimwe nyuma y’uko Perezida Cyril Ramaphosa yiyemeje gukaza ingamba zo kurwanya abimukira bari mu gihugu mu buryo butemewe n’amategeko.

Ibi byatangajwe ku Cyumweru na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Leon Schreiber, wavuze ko ibikorwa byo gusubiza abanyamahanga mu bihugu byabo byihuse nyuma y’ijambo rya Perezida.

Afurika y’Epfo, ifatwa nk’imwe mu bukungu bukomeye ku mugabane wa Afurika, imyaka myinshi yakiriye abakozi n’abimukira baturutse hirya no hino ku mugabane, baba abafite ibyangombwa cyangwa abatabifite. Ariko kubera ubushomeri burenga 30%, igihugu gikomeje guhura n’imyigaragambyo n’imvururu zishingiye ku rwango rw’abanyamahanga.

Mu byumweru bishize, amatsinda y’abaturage bitwaje inkoni, ibiboko n’ingabo yagaragaye mu bice bitandukanye by’igihugu asaba abanyamahanga badafite ibyangombwa kuva ku butaka bwa Afurika y’Epfo mbere ya tariki ya 30 Kamena.

Kubera impungenge z’umutekano zakurikiye ibikorwa byo gusahura no kugirira nabi abanyamahanga, abaturage bakomoka muri Nigeria, Malawi, Ghana, Zimbabwe na Mozambique bemeye gusubira iwabo ku bushake bifashishije gahunda zateguwe na za guverinoma zabo.

Leon Schreiber yagize ati: “Kugeza ejo nimugoroba, dushobora kwemeza ko abantu 2,745 bamaze gusubizwa mu bihugu byabo kuva Perezida atanze amabwiriza.”

Abayobozi bavuga ko benshi muri abo bantu bari batuye muri Afurika y’Epfo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Muri bo harimo abaturage benshi ba Malawi, aho abagera ku 7,000 bari bateraniye mu kibanza kiri mu mujyi w’icyambu cya Durban.

Guverinoma ya Malawi yashyizeho bisi umunani zo kubacyura, mu gihe Afurika y’Epfo yongeyeho izindi bisi icumi kugira ngo icyo gikorwa cyihute.

Mu bantu ba mbere basubiye iwabo harimo imiryango yari itwaye ibintu bike byayo. Umwe muri bo, Fortunate Chilenje w’imyaka 25 ukomoka muri Malawi, yavuze ati: “Ndishimye kuba ngiye gutaha. Ni byiza kurusha gukomeza kubaho mu bwoba hano.”

Mu cyumweru gishize, Perezida Ramaphosa yemeye ko abaturage bafite impungenge ku kibazo cy’abimukira badafite ibyangombwa, ariko anaburira ko leta itazemera ko abaturage bifatira amategeko mu maboko.

Ubushyamirane bwakajije umurego nyuma y’urupfu rw’Abanyamozambike babiri bakurikiye imyigaragambyo yo kurwanya abimukira yabereye mu mujyi wa Mossel Bay ku wa 29 Gicurasi. Ku ruhande rwa Mozambique, abayobozi batangaje ko abantu batanu bapfuye muri ibyo bikorwa.

Nk'uko ikigo cy'ibarurishamibare cya Afurika y’Epfo kibitangaza, kuri ubu muri iki gihugu habarurwa abanyamahanga barenga miliyoni 3, bangana na 5.1% by'abaturage bose b'igihugu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments