Umugabo wari ugiye kugura amafunguro muri restaurant mu Mujyi wa Kigali, yishwe n’inyama yari yananiye uwari wayiguze undi yiyemeza kuyimira birangira imuhitanye.
Ibi byabaye ku
itariki 13 Kamena 2026 bibera muri restaurant iri mu Mudugudu wa Binunga mu
Kagali ka Murama mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo.
Amakuru dukesha BTN TV avuga ko nyakwigendera yerekeje kuri iyo restaurant
y’ahazwi nko kwa Mushi agiye kugura amafunguro ariko aza gusanga hari mugenzi
we umaze kurya ariko inyama iramunanira.
Iyo nyama rero ni yo nyakwigendera yavuze ko ayishoboye ndetse
ahita atangira kuyirya ariko nyuma iramuniga arapfa.
Abaturage bo muri ako gace bavuze ko iyo restaurant isanzwe
iteka inyama aho imwe igura 200 Frw ariko bagasanga atari yo kibazo kuko
uwayiryanye ubusambo ari we wikozeho.
Gusa bagaragaza ko bidakwiye kuba umuntu yakwicwa n’inyama
kubera kuyirya nabi ariko bamwe ntibanashira amakenga neza ubuziranenge bw’izo
nyama bitewe n’igiciro kiri hasi zigurishwaho bagasaba ahubwo ko zasuzumwa
neza.
Ibindi birebe muri Iyi Video,…