Nubwo ibiciro bya lisansi byagabanutse nyuma y’amasezerano hagati ya Amerika na Iran agamije kugabanya umwuka mubi hagati y’ibihugu byombi, bamwe mu baturage bo mu mujyi wa Houston bavuga ko ubuzima bugihenze kandi ko iryo gabanuka ritabahagije.
Amashusho yafashwe mu mujyi wa Houston agaragaza ibyapa by’ibiciro
bya lisansi ku ma station atandukanye, aho hamwe hagaragaraga imodoka nyinshi
ziri ku murongo, mu gihe ahandi ibikorwa byari bike.
Bamwe
mu baturage bavuze ko nubwo ibiciro byagabanutseho gato, bidahagije nyuma y’izamuka rikomeye
ryabaye mu gihe cy’umwuka mubi hagati ya Amerika na Iran. Hari n’abashinje
ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump kuba
budashyira imbere imibereho y’abaturage.
Umwe
mu batuye Houston yagize ati:
“Birababaje. Trump akwiye guhagarika intambara kandi agafasha abaturage kubona
amafaranga yo kubaho. Ntushobora kujya ku kazi niba udafite lisansi.”
Undi
nawe yavuze ati:
“Donald Trump azi neza impamvu lisansi ihenze. Yari akwiye gushyira amafaranga
menshi mu gufasha abaturage kubona lisansi ihendutse aho kuyakoresha mu bindi
bikorwa.”
Hari
kandi abandi baturage bagaragaje ibyishimo nyuma y’uko ibiciro bitangiye
kugabanuka, bavuga ko bafite icyizere ko bizakomeza kugeza aho lisansi itazongera guhenda.