• Amakuru / POLITIKI


Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer yamaze gutangaza ko yeguye kuri izi nshingano ndetse anatangaza gahunda ye nshya muri politiki nyuma yo gukomeza kotswa igitutu n’uwitwa Andy Burnham watsindiye kwinjira mu nteko ishinga amategeko ku byafashwe nk’imibare yo gushaka gusimbura Keir Starmer.

Ku wa 18 Kamena 2026 ni bwo habaye amatora y’ugomba guhagararira agace Makerfield mu bwongereza, ibyo bo bita By-Election yegukanywe na Andy Burnham wo mu ishyaka ry’Abakozi (Labour) akaba ari na ryo Keir Starmer wari minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza abarizwamo.

Itsinzi ya Andy yafashwe nk’ikimenyetso cy’uko uyu mugabo yaba ari we kuri ubu ukunzwe cyane na rubanda bo muri iryo shyaka kuko n’ubwo atari ahanganye na Keir Starmer, aya matora yaje mu buryo buziguye nk’agamije kureba niba koko Andy yarusha Starmer igikundiro.

Uko byagenze

Agace ka Markerfield ubusanzwe kari gahagarariwe n’uwitwa Josh Simons mu nteko, hanyuma mu buryo bwatunguye benshi uyu ahita yegura ku mpamvu zitasobanuwe, kwegura kwa Josh rero ni ko kwatumye hagomba gushakwa ugomba kumusimbura mu nteko ariko hanyuma hiyamamaza Andy Burnham wo mu ishyaka ry’Abakozi, Yari asanzwe ari Meya w’Akarere ka Meya wa Greater Manchester kuva mu 2017Ariko uyu ntabwo yari umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko.

Gutsinda kwe rero byamuhaye amahirwe yo kwinjira mu Nteko ndetse binaba ikimenyetso ko ari we ushobora gusimbura Starmer kuko minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza wese aba agomba kuva mu nteko ishinga amategeko, ibi bikaba rero byerekanye ko Andy akunzwe n’abaturage benshi mu gihe Starmer we akomeje gutakarizwa icyizere.

Ubwo Andy Burnham yatsindaga yavuze ko iri shyaka ry’Abakozi rifite "amahirwe ya nyuma yo kwikosora no guhinduka."

Uko byatekerejwe byarangiye ari na ko bigenze kuko Keir Starmer yaje kwegura ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza kuri uyu wa 22 Kamena 2026, gusa ntiharatangazwa uza kumusimbura n’ubwo amahirwe menshi ari kuri uyu Andy Burnham biturutse ko iri shyaka rifite imyanya myinshi mu nteko kandi uyu akaba ari we kuri ubu urikunzwemo cyane.

Keir Starmer yagiye atakarizwa icyizere biturutse ku miyoborere ye itarishimiwe na benshi mu bongereza Ishyaka Labour ryari rimaze igihe ritakarizwa icyizere ndetse Abadepite benshi bo muri Labour bari banatangiye gusaba ko ava ku buyobozi mu gihe Burnham afatwa nk'umunyapolitiki ukunzwe cyane muri Labour kandi ushobora kongera gukundisha abaturage ishyaka.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments