• Amakuru / POLITIKI


Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yatangaje ko ibihugu byo ku Mugabane w’u Burayi bitagihisha umugambi bifite wo gutegura intambara izahanganisha ibyo bihugu n’u Burusiya.

Ibi Putin yabivuze ku wa Kabiri tariki 23 Kamena 2026, ubwo yakiraga abasirikare barangije amasomo ya gisirikare mu birori byabereye i Moscow.

Mu ijambo rye, Putin yavuze ko ibihugu byo muri NATO n’ibigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bimaze igihe bishinja u Burusiya kugira imigambi yo kubitera, nyamara ngo ari byo biri kwitegura intambara.

Yagize ati: “Kuri ubu bavuga batihishira ko bari gutegura intambara izaduhanganisha, bongera ingengo y’imari bashyira mu gisirikare.”

Putin yavuze ko ibyo bihugu byabanje gushyira igitutu ku Burusiya no kubuteza ibibazo by’umutekano, hanyuma bikabihinduramo impamvu yo kubushinja ubushotoranyi.

Uyu Mukuru w’Igihugu yavuze kandi ko nyuma yo kubona Ukraine itakibasha guhangana n’u Burusiya nk’uko byari byitezwe, ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi byahinduye uburyo, bitangira kongera ubushobozi bwa gisirikare bwabyo.

Aya magambo aje mu gihe ibihugu byo muri NATO, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na Canada byazamuye ingengo y’imari byageneraga igisirikare ku kigero cya 20% mu mwaka wa 2025, amafaranga yose hamwe akaba yarageze kuri miliyari 574 z’Amadolari ya Amerika.

Ibihugu byo mu Burengerazuba bw’Isi bivuga ko kongera ubushobozi bwa gisirikare bigamije kwirinda no guhangana n’icyo byita ibikorwa by’u Burusiya bishobora guhungabanya umutekano w’u Burayi, cyane cyane nyuma y’intambara ikomeje hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Ibi bikomeje kongera umwuka mubi hagati ya Moscow n’ibihugu byo muri NATO, mu gihe impande zombi zikomeje gushinjanya ubushotoranyi n’imigambi yo guhungabanya umutekano ku rwego mpuzamahanga.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments