Brigade
y’abasirikare barwanira ku butaka Icyiciro cya 8, yasoje amahugurwa yo
kubongerera ubumenyi, amaze amezi ane abera mu Kigo cy’Amahugurwa ya
gisirikare giherereye i Nasho mu Karere ka Kirehe.
Umuhango wo
gusoza aya mahugurwa wayobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen
Mubarakh Muganga, ku wa Kabiri tariki 23 kamena 2026.
Aya
mahugurwa yibanze ku gutyaza ingabo ngo zihore ziteguye, bongererwa ubumenyi mu
kuyobora no gukurikirana imyitwarire y’abasirikare, no kunoza amayeri
y’ibikorwa njyarugamba.
Gen Mubarakh
yashimiye abarangije aya mahugurwa anabagezaho ubutumwa bwa Perezida Paul
Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.
Muri ubwo
butumwa, Perezida Kagame yashimye akazi gakomeje gukorwa na RDF n’izindi nzego
z’umutekano, anashimira by’umwihariko abasirikare barangije aya
mahugurwa. Yabibukije ko amahugurwa ahoraho ari yo nkingi y’ingenzi ituma
RDF ikomeza gukora kinyamwuga.
Gen Mubarakh
yashimangiye ko amahugurwa y’urwego rwisumbuye ku Ngabo zirwanira ku
butaka afite uruhare rukomeye mu gutegura abasirikare kugira ngo
bashobore gusohoza neza inshingano zabo no guhangana mu buryo bunoze n’ibibazo
bishya by’umutekano bishobora kuvuka.
Yagize ati
“Igisirikare cy’u Rwanda gitegura umusirikare mu buryo bwose, haba mu
mitekerereze, kubaka umubiri ndetse n’imyitozo ku kiguzi icyo ari cyo cyose
kugira ngo ahore yiteguye gusohoza inshingano ze no guhangana n’umwanzi.”
Yanagaragaje
ko, uretse ubumenyi n’ubuhanga bwa tekiniki n’amayeri ya gisirikare, aya
mahugurwa yanabatoje indangagaciro z’ingenzi zirimo imyitwarire ya gisirikare,
ubunyamwuga ndetse no gukora inshingano zabo mu bunyangamugayo, byose bikajyana
no kubahiriza amahame agenga RDF.
Yasabye
abasirikare gukoresha neza ubumenyi bushya bungutse mu bikorwa bya gisirikare
no gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza n’ikinyabupfura, mu rwego rwo
kurushaho gusohoza neza inshingano zabo za buri munsi.