• Amakuru / POLITIKI


Igipolisi cya Senegal cyakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya bari bateraniye hanze y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere, mu gihe abadepite baganiraga ku mushinga wo kuvugurura itegeko nshinga.

Iri vugurura rigamije kongerera ububasha Inteko Ishinga Amategeko no kugabanya ubusanzwe bw’umukuru w’igihugu, ibintu byateje impaka n’impungenge mu banyapolitiki ndetse no muri sosiyete sivile.

Imiryango itandukanye n’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi avuga ko uyu mushinga ushobora kuba uburyo bwo gushimangira ubutegetsi bwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko akaba n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Ousmane Sonko.

Sonko yakuwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe mu kwezi gushize na Perezida Bassirou Diomaye Faye, ibintu byakomeje kuzamura umwuka mubi hagati y’aba bayobozi bombi bahoze bafatanya bya hafi muri politiki.

Nk’uko Reuters yabitangaje, impaka kuri iri vugurura zishobora kurushaho kongera amacakubiri muri Senegal, cyane cyane hagati y’abashyigikiye Perezida Faye n’abakomeje gushyigikira Sonko.

Kwirukanwa kwa Sonko muri Gicurasi byafashwe nk’ikimenyetso cy’ukutumvikana gukomeye hagati y’aba banyapolitiki ku mavugurura igihugu gikwiye gukora ndetse no ku buryo bwo gukemura ikibazo cy’imyenda igihugu gifite.

Umwuka mubi hagati yabo warushijeho gukara nyuma y’uko Sonko atorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko.

Ishyaka riri ku butegetsi rya Pastef, riyobowe na Sonko, ni ryo rishyigikiye cyane iri vugurura ry’itegeko nshinga. Mu mpinduka zisabwa harimo ingingo ibuza Perezida uri ku butegetsi kuba umuyobozi w’ishyaka rya politiki.

Perezida Faye na we abarizwa muri Pastef, ariko kuri ubu nta nshingano zigaragara agifite muri iri shyaka.

Ku rundi ruhande, ihuriro rya politiki rishyigikiye Perezida Faye ryasabye ko uyu mushinga wakurwaho vuba, rivuga ko Perezida agomba gukoresha ububasha bwe bwose nk’uko biteganywa n’itegeko nshinga.

Perezida Bassirou Diomaye Faye yatorewe kuyobora Senegal mu myaka ibiri ishize ashyigikiwe cyane na Ousmane Sonko, wari ukunzwe cyane n’urubyiruko ariko akabuzwa kwiyamamaza mu matora ya perezida kubera ibibazo by’amategeko yashinjwaga ku butegetsi bwa Macky Sall.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments