Igipolisi cya Senegal cyakoresheje ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abigaragambya bari bateraniye hanze y’Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa Mbere, mu gihe abadepite baganiraga ku mushinga wo kuvugurura itegeko nshinga.
Iri vugurura rigamije kongerera
ububasha Inteko Ishinga Amategeko no kugabanya ubusanzwe bw’umukuru w’igihugu,
ibintu byateje impaka n’impungenge mu banyapolitiki ndetse no muri sosiyete
sivile.
Imiryango itandukanye n’amashyaka
atavuga rumwe n’ubutegetsi avuga ko uyu mushinga ushobora kuba uburyo bwo
gushimangira ubutegetsi bwa Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko akaba n’uwahoze
ari Minisitiri w’Intebe, Ousmane Sonko.
Sonko yakuwe ku mwanya wa
Minisitiri w’Intebe mu kwezi gushize na Perezida Bassirou Diomaye Faye, ibintu
byakomeje kuzamura umwuka mubi hagati y’aba bayobozi bombi bahoze bafatanya bya
hafi muri politiki.
Nk’uko Reuters yabitangaje, impaka
kuri iri vugurura zishobora kurushaho kongera amacakubiri muri Senegal, cyane
cyane hagati y’abashyigikiye Perezida Faye n’abakomeje gushyigikira Sonko.
Kwirukanwa kwa Sonko muri Gicurasi
byafashwe nk’ikimenyetso cy’ukutumvikana gukomeye hagati y’aba banyapolitiki ku
mavugurura igihugu gikwiye gukora ndetse no ku buryo bwo gukemura ikibazo
cy’imyenda igihugu gifite.
Umwuka mubi hagati yabo
warushijeho gukara nyuma y’uko Sonko atorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko.
Ishyaka riri ku butegetsi rya
Pastef, riyobowe na Sonko, ni ryo rishyigikiye cyane iri vugurura ry’itegeko
nshinga. Mu mpinduka zisabwa harimo ingingo ibuza Perezida uri ku butegetsi
kuba umuyobozi w’ishyaka rya politiki.
Perezida Faye na we abarizwa muri
Pastef, ariko kuri ubu nta nshingano zigaragara agifite muri iri shyaka.
Ku rundi ruhande, ihuriro rya
politiki rishyigikiye Perezida Faye ryasabye ko uyu mushinga wakurwaho vuba,
rivuga ko Perezida agomba gukoresha ububasha bwe bwose nk’uko biteganywa
n’itegeko nshinga.
Perezida Bassirou Diomaye Faye yatorewe kuyobora Senegal mu myaka
ibiri ishize ashyigikiwe cyane na Ousmane Sonko, wari ukunzwe cyane
n’urubyiruko ariko akabuzwa kwiyamamaza mu matora ya perezida kubera ibibazo
by’amategeko yashinjwaga ku butegetsi bwa Macky Sall.