Pakistan yatangaje ko yagabye ibitero bya gisirikare ku wa 28 Kamena 2026 ku bice byo ku mupaka wa Afghanistan, bihitana abantu 29 barimo n’abarwanyi bitwaje intwaro.
Ibi bitero byabaye nyuma y’umunsi
umwe gusa abarwanyi bivugwa ko baturutse muri Afghanistan bagabye igitero mu
Mujyi wa Karachi kigahitana abasirikare batatu ba Pakistan.
Mu butumwa yashyize ku mbuga
nkoranyambaga, Minisitiri w’Itangazamakuru muri Pakistan, Attaullah Tarar,
yavuze ko ibyo bitero byari igisubizo ku bikorwa by’umutekano muke bimaze igihe
bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro mu gihugu.
Yasobanuye ko ingabo za Pakistan
zagabye ibitero byihariye ku birindiro bitatu biherereye mu Ntara za Paktia,
Paktika na Kunar mu Burasirazuba bwa Afghanistan.
Ku ruhande rwa Afghanistan,
umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’aba-Taliban, Hamdullah Fitrat, yatangaje ko
ibitero bya Pakistan byahitanye nibura abasivili 36, mu gihe abandi 163
bakomeretse.
Mu myaka yashize, Pakistan
yakomeje kwibasirwa n’ibitero bikomeye byibasira polisi n’inzego z’umutekano.
Ubuyobozi bwa Pakistan bushinja Afghanistan gushyigikira umutwe wa Pakistan
Taliban uzwi nka TTP ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorera ku mupaka
w’ibihugu byombi.
Nubwo Pakistan Taliban itandukanye
n’aba-Taliban bayobora Afghanistan, iyo mitwe yombi ifitanye umubano wa hafi
kandi ikorana mu buryo butandukanye.
Kuva muri Gashyantare 2026, abantu
benshi bamaze kugwa mu mirwano ibera ku mipaka y’ibihugu byombi. Nubwo habaye
ibiganiro byinshi byo gushaka amahoro, kugeza ubu ntiharaboneka amasezerano
arambye yo guhagarika imirwano.
Mu kwezi kwa Mata uyu mwaka, u
Bushinwa bwakiriye ibiganiro byahuje Pakistan na Afghanistan, nyuma butangaza
ko impande zombi zemeranyije kugabanya amakimbirane no gushakira ibisubizo mu
nzira y’amahoro.
Pakistan ikomeje gushinja ubutegetsi bw’aba-Taliban muri
Afghanistan gucumbikira abarwanyi bagaba ibitero muri Pakistan, cyane cyane abo
mu mutwe wa TTP, mu gihe Afghanistan ikomeje guhakana ibyo birego.