• Amakuru / POLITIKI


Pakistan yatangaje ko yagabye ibitero bya gisirikare ku wa 28 Kamena 2026 ku bice byo ku mupaka wa Afghanistan, bihitana abantu 29 barimo n’abarwanyi bitwaje intwaro.

Ibi bitero byabaye nyuma y’umunsi umwe gusa abarwanyi bivugwa ko baturutse muri Afghanistan bagabye igitero mu Mujyi wa Karachi kigahitana abasirikare batatu ba Pakistan.

Mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga, Minisitiri w’Itangazamakuru muri Pakistan, Attaullah Tarar, yavuze ko ibyo bitero byari igisubizo ku bikorwa by’umutekano muke bimaze igihe bikorwa n’imitwe yitwaje intwaro mu gihugu.

Yasobanuye ko ingabo za Pakistan zagabye ibitero byihariye ku birindiro bitatu biherereye mu Ntara za Paktia, Paktika na Kunar mu Burasirazuba bwa Afghanistan.

Ku ruhande rwa Afghanistan, umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’aba-Taliban, Hamdullah Fitrat, yatangaje ko ibitero bya Pakistan byahitanye nibura abasivili 36, mu gihe abandi 163 bakomeretse.

Mu myaka yashize, Pakistan yakomeje kwibasirwa n’ibitero bikomeye byibasira polisi n’inzego z’umutekano. Ubuyobozi bwa Pakistan bushinja Afghanistan gushyigikira umutwe wa Pakistan Taliban uzwi nka TTP ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro ikorera ku mupaka w’ibihugu byombi.

Nubwo Pakistan Taliban itandukanye n’aba-Taliban bayobora Afghanistan, iyo mitwe yombi ifitanye umubano wa hafi kandi ikorana mu buryo butandukanye.

Kuva muri Gashyantare 2026, abantu benshi bamaze kugwa mu mirwano ibera ku mipaka y’ibihugu byombi. Nubwo habaye ibiganiro byinshi byo gushaka amahoro, kugeza ubu ntiharaboneka amasezerano arambye yo guhagarika imirwano.

Mu kwezi kwa Mata uyu mwaka, u Bushinwa bwakiriye ibiganiro byahuje Pakistan na Afghanistan, nyuma butangaza ko impande zombi zemeranyije kugabanya amakimbirane no gushakira ibisubizo mu nzira y’amahoro.

Pakistan ikomeje gushinja ubutegetsi bw’aba-Taliban muri Afghanistan gucumbikira abarwanyi bagaba ibitero muri Pakistan, cyane cyane abo mu mutwe wa TTP, mu gihe Afghanistan ikomeje guhakana ibyo birego.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments