Perezida wa
Repubulika ya Mozambique akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo za Mozambike
(FADM), Nyakubahwa Daniel Francisco Chapo, uyu munsi yasuye Inzego z'Umutekano
z'u Rwanda ku cyicaro gikuru giherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia,
mu ruzinduko rw'akazi arimo kugirira mu Ntara ya Cabo Delgado.
Perezida
Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w'Ingabo, Maj Gen Cristóvão Artur Chume,
Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka za FADM, Major Gen André Rafael
Mahunguane, Umugaba Mukuru w'Ingabo zirwanira mu mazi za Mozambique, Brig Gen
(Commodore) Óscar Agostinho Lucas, hamwe n'abandi bayobozi bakuru muri
Guverinoma.
Nyuma yo
gusura abasirikare ba FADM bakorera i Mocímboa da Praia, Perezida Chapo
yakiriwe ku Kibuga cy'Indege cya Mocímboa da Praia n'Umuyobozi Mukuru w' Inzego
z' Umutekano z'u Rwanda, Brig Gen CM Mujuni, ari kumwe n'abandi bayobozi. Nyuma
yaho yagiranye inama n'abayobozi bakuru b' Inzego z'Umutekano z'u Rwanda
abashimira uruhare rwabo mu kugarura amahoro n'umutekano mu Ntara ya Cabo
Delgado.
Perezida
Chapo yashimiye byimazeyo Guverinoma y'u Rwanda, by'umwihariko Perezida wa
Repubulika y'u Rwanda, ku nkunga adahwema guha Mozambique mu rugamba rwo
kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado.Yashimiye kandi Inzego z'Umutekano z'u
Rwanda ku bwitange, ubunyamwuga mu kurinda abaturage no kugarura umutekano.
Agaruka ku
kamaro k'ubufatanye hagati y' Inzego z'umutekano z'u Rwanda n'iza Mozambique,
Perezida Chapo yashimye imikoranire myiza iri hagati y'inzego z'ibihugu byombi
mu kurwanya iterabwoba, anizeza ko ubwo bufatanye buzakomeza kurushaho
gushimangirwa.