• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Perezida wa Repubulika ya Mozambique akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo za Mozambike (FADM), Nyakubahwa Daniel Francisco Chapo, uyu munsi yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ku cyicaro gikuru  giherereye mu Karere ka Mocímboa da Praia, mu ruzinduko rw'akazi arimo kugirira mu Ntara ya Cabo Delgado.

Perezida Chapo yari aherekejwe na Minisitiri w'Ingabo, Maj Gen Cristóvão Artur Chume, Umugaba w'Ingabo zirwanira ku butaka za FADM, Major Gen André Rafael Mahunguane, Umugaba Mukuru w'Ingabo zirwanira mu mazi za Mozambique, Brig Gen (Commodore) Óscar Agostinho Lucas, hamwe n'abandi bayobozi bakuru muri Guverinoma.

Nyuma yo gusura abasirikare ba FADM bakorera i Mocímboa da Praia, Perezida Chapo yakiriwe ku Kibuga cy'Indege cya Mocímboa da Praia n'Umuyobozi Mukuru w' Inzego z' Umutekano z'u Rwanda, Brig Gen CM Mujuni, ari kumwe n'abandi bayobozi. Nyuma yaho yagiranye inama n'abayobozi bakuru b' Inzego z'Umutekano z'u Rwanda  abashimira uruhare rwabo mu kugarura amahoro n'umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado.

Perezida Chapo yashimiye byimazeyo Guverinoma y'u Rwanda, by'umwihariko Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, ku nkunga adahwema guha Mozambique mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba muri Cabo Delgado.Yashimiye kandi Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ku bwitange, ubunyamwuga mu kurinda abaturage no kugarura umutekano.

Agaruka ku kamaro k'ubufatanye hagati y' Inzego z'umutekano z'u Rwanda n'iza Mozambique, Perezida Chapo yashimye imikoranire myiza iri hagati y'inzego z'ibihugu byombi mu kurwanya iterabwoba, anizeza ko ubwo bufatanye buzakomeza kurushaho gushimangirwa.

 




 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments