Iran
yaburiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel kwirinda kugaba ikindi gitero
icyo ari cyo cyose mu gihe igihugu cyitegura imihango yo guherekeza no gushyingura
uwari Umuyobozi Mukuru w’ikirenga Ali Khamenei.
Iri tangazo
ryatanzwe n'umuyobozi wa gisirikare wa Iran, Ali Abdollahi, uyobora icyicaro
gikuru cya Khatam al-Anbiya Central Headquarters, yavuze ko igitero icyo ari
cyo cyose cyakorwa muri icyo gihe cyasubizwa mu buryo bukomeye n'ingabo za
Iran.
Mu itangazo
ryasohowe n'itangazamakuru rya Leta ya Iran, Ali Abdollahi yagize ati:
"Turaburira
abanzi ba Iran, cyane cyane Amerika n'ubutegetsi bwa Israel kwirinda kwibeshya
no gutekereza ku ngaruka zikomeye z'igisubizo ingabo zacu zatanga ku gitero
cyangwa iterabwoba iryo ari ryo ryose ryagabwa ku gihugu cyacu."
Aya magambo
aje mu gihe umwuka mubi ukomeje hagati ya Iran, Amerika na Israel nyuma
y'intambara iherutse kubera mu karere.
Nk'uko
byatangajwe n'inzego za Iran, ibikorwa byo guherekeza no gushyingura Ali
Khamenei bizatangirira i Tehran ku wa 4 Nyakanga 2026, bikomeze mu mijyi itandukanye
irimo Qom ndetse no mu mijyi yera yo muri Iraq, mbere yo gusozwa ku wa 9
Nyakanga aho azashyingurwa mu mujyi yavukiyemo wa Mashhad.
Abayobozi ba
Iran bavuga ko biteze ko miliyoni z'abaturage bazitabira iyo mihango, ari na yo
mpamvu hafashwe ingamba zikomeye zo kurinda umutekano.
Mu rwego rwo
kwirinda ibishobora guhungabanya iyo mihango, Iran yatangaje ko yashyizeho
ingamba zidasanzwe zirimo kongera abasirikare n'inzego z'umutekano ahazabera
ibikorwa byose, ndetse no gushyiraho ibihano byo gufunga ikirere by'agateganyo
mu mijyi irimo Tehran na Mashhad.
Abayobozi
bavuga ko ibyo bigamije gukumira igitero icyo ari cyo cyose cyashobora
guhungabanya ibikorwa byo gusezera ku wahoze ayobora igihugu.
Mbere y'aya
magambo ya Ali Abdollahi, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga wa Iran, Abbas
Araqchi, na we yari yaburiye ko Iran izasubiza ako kanya kandi mu buryo
bukomeye ku gitero icyo ari cyo cyose cyagabwa ku gihugu cyangwa ku bayobozi
bacyo. Ibyo yabivuze nyuma y'amagambo yavuzwe n'uruhande rwa Israel yavugaga ku
buyobozi bushya bwa Iran.
Abakurikiranira
hafi ibibazo byo mu kariya bavuga ko
imihango yo gushyingura Ali Khamenei ibaye mu gihe akarere k'Uburasirazuba bwo
Hagati kagikomeje kuba mu bihe by'umwuka mubi nyuma y'intambara iherutse guhuza
Iran, Amerika na Israel.
Hari
impungenge ko igikorwa icyo ari cyo cyose cya gisirikare muri iki gihe
gishobora kongera kuzamura umwuka mubi no guteza indi ntambara mu karere, ari
yo mpamvu Iran yavuze ko izafata igitero icyo ari cyo cyose nk'igikorwa
gikomeye gisaba igisubizo cyihuse.
Like This Post? Related Posts